Abantu amagana batawe muri yombi mu Bufaransa mu birori birenze byo kwishimira intsinzi ya Champions League

    • Umwanditsi, Harry Sekulich
    • Igikorwa, BBC News
  • Yatangajwe
  • Igihe co gusoma: iminota 3

Ubushyamirane hagati y'abafana b'umupira w'amaguru na polisi mu bice binyuranye mu Bufaransa bwatumye abantu barenga 400 batabwa muri yombi, nyuma yuko ikipe ya Paris Saint-Germain (PSG) itsinze Arsenal ku mukino wa nyuma wa Champions League.

Abapolisi babarirwa mu bihumbi boherejwe guhosha imvururu zahungabanyije serivisi z'imodoka za bisi na gariyamoshi mu murwa mukuru Paris.

Imiriro y'ibyishimo n'ibishashi byacanwe, mu gihe abapolisi benshi bakomerekeye muri uko gukozanyaho. Abapolisi barashe imyuka iryana mu maso kugira ngo batatanye imbaga z'abantu bari bari rwagati muri uwo mujyi.

Habaye urugomo nk'urwo ubwo PSG na bwo yatsindiraga iki gikombe mu mwaka ushize, ibyari ibyishimo bivamo impfu. Kuri iyi nshuro, Minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu Laurent Nuñez yavuze ko abategetsi bari biteguye neza kurushaho, bateganyije "uburyo bufite imbaraga cyane, bukomeye cyane".

Abafana birunze mu gace kazwi cyane ka Champs-Élysées k'i Paris, nyuma gato yuko iyo kipe yo mu Bufaransa yegukanye intsinzi kuri penaliti.

Amashusho yafatiwe muri uwo mujyi agaragaza ibishashi birimo gucanwa, amagare akoreshwa n'amashanyarazi arimo gushya mu mihanda ndetse n'abantu basabwe n'ibyishimo barimo kumena ibirahure by'igice cy'imbere cy'iduka nibura rimwe.

Mbere yaho kuri uwo wa gatandatu, habayeho ubushyamirane hagati y'abapolisi n'abafana bari bagiye kurebera uwo mukino wa nyuma kuri 'screens' (écrans) nini cyane zo ku kibuga Parc des Princes cya PSG, mu gihe umukino wo waberaga i Budapest muri Hongrie.

Polisi yavuze ko imodoka esheshatu, ahantu habiri hakorerwa ubucuruzi hamwe n'ahantu hamwe hategerwa bisi, byangijwe muri izo mvururu.

Abategetsi bavuze ko abantu 416 batawe muri yombi mu masaha ya kare yo kuri iki cyumweru, barimo abantu 280 i Paris.

Minisitiri Nuñez yavuze ko abapolisi barindwi bakomeretse ndetse avuga ko izo mvururu zidashobora kwihanganirwa na gato.

Marine Le Pen, umutegetsi wo mu murongo w'ibitekerezo by'ubuhezanguni mu gukomera ku bya kera, yanditse ku rubuga nkoranyambaga rwa X ati: "Mu Bufaransa ni ho honyine intsinzi y'ikipe y'umupira w'amaguru iteza imvururu."

"Mu Bufaransa ni ho honyine umuntu uwo ari we wese aba yumva ategetswe kwifungirana mu rugo rwe ku mugoroba w'intsinzi mu kwirinda kwisanga mu rugomo."

Kuri iki cyumweru nyuma ya saa sita z'amanywa, biteganyijwe ko abakinnyi ba PSG bitabira umutambagiro wo kumurika igikombe, harimo no kuzenguruka mu cyanya cyahariwe kubungabunga ibidukikije cyitwa Champ de Mars, kiri iruhande rw'umunara wa Eiffel, ndetse bakaza kwakirwa na Perezida w'Ubufaransa Emmanuel Macron.