"Nta muntu watekerezaga ko tuzagera hano" – Umutoza wa RSSB Tigers nyuma yo gusezerera Al Ahly SC

Yatangajwe
Igihe co gusoma: iminota 3

RSSB Tigers yinjiye mu irushanwa rya Basketball Africa League mu byumweru bicye mbere y'uko imikino ya nyuma (finals) y'iri rushanwa itangira i Kigali, ubu yageze ku mukino wa nyuma itsinze ikipe yo mu Misiri, iba iya mbere yo mu Rwanda igeze kuri ibi.

APR Basketball Club ni yo yagombaga kujya muri iri rushanwa riterwa inkunga n'abanyamerika ariko ivamo kuko ari ikipe y'igisirikare cy'u Rwanda kandi cyafatiwe ibihano na Leta ya Amerika kuko gishinjwa gufasha inyeshyamba muri DR Congo.

RSSB Tigers yahise isimbura APR BBC, iraniyubaka ifata bamwe mu bakinnyi APR yari yazanye.

Mu ijoro ryacyeye Tigers yatsinze Al Ahly SC amanota 106 kuri 97 mu mukino yari ishyigikiwemo n'abana benshi cyane muri BK Kigali Arena, barimo n'umukuru w'igihugu Paul Kagame.

Kugira ngo igere kuri ibi, RSSB Tigers – yabaye iya kabiri muri shampiyona ya Basketball mu Rwanda – byabaye ngombwa ko izana abakinnyi bashya bayifashije gutsinda imikino yose bakinnye kugeza ubu muri izi 'finals' ziri kubera i Kigali.

Oumar Ballo, Craig Randall na Teafale Lenard Jr. - bose bashya muri Tigers – bonyine batsinze amanota 69 mu 106 iyi kipe yatsinze Al Ahly SC.

Wari umukino waranzwe no guhatana gukomeye no kwegerana mu manota kugeza mu minota itanu ya nyuma ubwo RSSB Tigers yakoraga ikinyuranyo ikarangiza umukino itsinze AL Ahly yifuzaga gusubira ku mukino wa nyuma.

Umutoza Antino Jackson Jr wa RSSB Tigers nyuma y'umukino yatangaje ati: "Nta muntu watekerezaga ko tuzagera hano. None ngaha ni ho turi."

Yongeyeho ati: "Dusigaranye umukino umwe, kandi turashaka kurangiza akazi".

Undi mukino wa 1/2 wa BAL urahuza Petro de Luanda na Al Ahly yo muri Libya kuri uyu wa kane muri Kigali Arena.

Itsinda hagati ya Petro na Al Ahly Ly izahura na RSSB Tigers ku mukino wa nyuma wa BAL y'uyu mwaka uzaba ku cyumweru tariki 31 z'uku kwezi.

Basketball Africa League ni irushanwa ry'amakipe yabaye aya mbere mu bihugu byayo muri Afurika riterwa inkunga na shampiyona ya NBA yo muri Amerika hamwe n'abandi bashoramari barimo na leta y'u Rwanda.

Rigamije kugaragaza impano umugabane wa Afurika ufite muri Basketball, gushaka abakinnyi bashobora kujya muri NBA, no kwagura kurushaho uyu mukino w'abanyamerika muri Afurika.