"Nta muntu watekerezaga ko tuzagera hano" – Umutoza wa RSSB Tigers nyuma yo gusezerera Al Ahly SC

Craig Randall waje mu Rwanda muri Gashyantare(2) gukinira APR BBC muri BAL mbere yo kujya muri RSSB Tigers mu kwezi gushize yaciye umuhigo wa BAL w'umukinnyi watsinze amanota menshi (54) mu mukino wa BAL, mu ijoro ryacyeye yatsinze amanota agera kuri 30

Ahavuye isanamu, Getty Images

Insiguro y'isanamu, Umunyamerika Craig Randall waje mu Rwanda muri Gashyantare(2) gukinira APR BBC muri BAL mbere yo kujya muri RSSB Tigers, mu kwezi gushize yaciye umuhigo wa BAL w'umukinnyi watsinze amanota menshi (54) mu mukino wa BAL, aha araboneka atera umupira ku ifoto yo mu ijoro ryacyeye aho wenyine yatsinze amanota 30
Yatangajwe
Igihe co gusoma: iminota 3

RSSB Tigers yinjiye mu irushanwa rya Basketball Africa League mu byumweru bicye mbere y'uko imikino ya nyuma (finals) y'iri rushanwa itangira i Kigali, ubu yageze ku mukino wa nyuma itsinze ikipe yo mu Misiri, iba iya mbere yo mu Rwanda igeze kuri ibi.

APR Basketball Club ni yo yagombaga kujya muri iri rushanwa riterwa inkunga n'abanyamerika ariko ivamo kuko ari ikipe y'igisirikare cy'u Rwanda kandi cyafatiwe ibihano na Leta ya Amerika kuko gishinjwa gufasha inyeshyamba muri DR Congo.

RSSB Tigers yahise isimbura APR BBC, iraniyubaka ifata bamwe mu bakinnyi APR yari yazanye.

Mu ijoro ryacyeye Tigers yatsinze Al Ahly SC amanota 106 kuri 97 mu mukino yari ishyigikiwemo n'abana benshi cyane muri BK Kigali Arena, barimo n'umukuru w'igihugu Paul Kagame.

Kugira ngo igere kuri ibi, RSSB Tigers – yabaye iya kabiri muri shampiyona ya Basketball mu Rwanda – byabaye ngombwa ko izana abakinnyi bashya bayifashije gutsinda imikino yose bakinnye kugeza ubu muri izi 'finals' ziri kubera i Kigali.

Oumar Ballo, Craig Randall na Teafale Lenard Jr. - bose bashya muri Tigers – bonyine batsinze amanota 69 mu 106 iyi kipe yatsinze Al Ahly SC.

Wari umukino waranzwe no guhatana gukomeye no kwegerana mu manota kugeza mu minota itanu ya nyuma ubwo RSSB Tigers yakoraga ikinyuranyo ikarangiza umukino itsinze AL Ahly yifuzaga gusubira ku mukino wa nyuma.

Ntore Habimana, umwe mu bakinnyi, ubusanzwe ukinira APR BBC, nawe yafashije cyane RSSB Tigers kwitwara neza kugeza ubu

Ahavuye isanamu, Getty Images

Insiguro y'isanamu, Ntore Habimana, umwe mu bakinnyi b'abahanga mu Rwanda ku mwanya wa 'point guard/meneur de jeu' ubusanzwe ukinira APR BBC, yafashije cyane RSSB Tigers kwitwara neza kugeza ubu

Umutoza Antino Jackson Jr wa RSSB Tigers nyuma y'umukino yatangaje ati: "Nta muntu watekerezaga ko tuzagera hano. None ngaha ni ho turi."

Yongeyeho ati: "Dusigaranye umukino umwe, kandi turashaka kurangiza akazi".

Undi mukino wa 1/2 wa BAL urahuza Petro de Luanda na Al Ahly yo muri Libya kuri uyu wa kane muri Kigali Arena.

Itsinda hagati ya Petro na Al Ahly Ly izahura na RSSB Tigers ku mukino wa nyuma wa BAL y'uyu mwaka uzaba ku cyumweru tariki 31 z'uku kwezi.

Basketball Africa League ni irushanwa ry'amakipe yabaye aya mbere mu bihugu byayo muri Afurika riterwa inkunga na shampiyona ya NBA yo muri Amerika hamwe n'abandi bashoramari barimo na leta y'u Rwanda.

Rigamije kugaragaza impano umugabane wa Afurika ufite muri Basketball, gushaka abakinnyi bashobora kujya muri NBA, no kwagura kurushaho uyu mukino w'abanyamerika muri Afurika.