Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
IMF: Ibihugu bya Afurika bifite imyenda myinshi n'ibifite micye mu 2026
Ikinyamakuru Business Insider Africa kivuga ko umwenda munini usabwa kwishyurwa n'Ikigega Mpuzamahanga cy'Imari (IMF) n'izindi nguzanyo zo hanze ushobora guteza ibibazo bikomeye mu bukungu bw'ibihugu bya Afurika muri iki gihe ubukungu bushingiye ku nguzanyo nyinshi cyangwa ishoramari rikomeye.
Nubwo inguzanyo za IMF zikunze gukoreshwa mu gufasha ibihugu gukemura ibibazo by'ubukungu, imyenda y'igihe kirekire ishobora kwangiza amahirwe y'iterambere, ikabangamira uburyo ifaranga rihindagurika, kandi ikongera ibyago byo guhungabana kw'ibiciro by'ibikomoka mu mahanga nko kuzamuka kw'ibiciro bya peteroli, cyangwa kugabanuka kw'amafaranga yinjira mu bicuruzwa.
Ibyabaye vuba aha muri Mozambique na Angola, nk'uko bivugwa n'ibiro ntaramakuru Reuters, byagaragaje zimwe muri izo ngaruka.
Muri iki gihe, Mozambique, ikomeje guhura n'ibibazo bikomeye bijyanye no kwishyura imyenda yayo, mu gihe hari impungenge ko ubukungu bw'igihugu bukomeje kuzamba.
Nk'uko ikinyamakuru Business Insider Africa kibitangaza, abasesenguzi mpuzamahanga n'ibigo bitanga amanota byagaragaje ko urwego rw'imyenda muri Mozambique rugenda rurushaho kugorana, ibyo bikaba byateje impungenge ku hazaza h'igihugu.
Ibi bishobora kugabanya icyizere cy'abashoramari, kugabanya uburyo bwo kubona amasoko mpuzamahanga y'imigabane, no kongera ikiguzi cyo kuguriza za leta n'ibigo by'ubucuruzi.
Iyo igihugu gifatwa nk'aho kidafite ubukungu buhamye, abashoramari bakunze gusaba inyungu nyinshi kugira ngo babashe kwishyura igihombo.
Ibi byongera ikiguzi cyo gufata inguzanyo mu gihe kizaza, bigafunga ubukungu mu ngeri aho za leta zigomba inguzanyo cyane cyane kugira ngo zishyure imyenda isanzwe aho guteza imbere urwego rw'umusaruro nko mu nganda, mu buvuzi, mu bikorwa remezo cyangwa mu burezi.
Ni urugero rugaragaza uburyo ikibazo cy'imyenda gishobora gukomeza ndetse no mu bihugu bifite umutungo mwinshi.
Nubwo iki gihugu cyungukiye ku biciro biri hejuru bya peteroli mu mezi ashize, cyaburiwe ko umwenda wa leta ushobora kugera ku rwego ruteje akaga mu gihe kizaza.
Ibi bigaragaza uburyo ubukungu bufite imyenda myinshi bushobora kugira ikibazo mu kugira ubukungu buhamye mu gihe kirekire iyo amasoko y'amafaranga ahinduka.
Bigaragaza kandi ko imyenda myinshi ibangamira ubushobozi bwa leta bwo gukemura ibibazo bikomeye mu bukungu.
Ibu ni ibihugu bya Afurika bifite imyenda myinshi kuri IMF muri uyu mwaka
1. Misiri - $7,245,182,524 (ni USD) wabishyiraho if so
2. Cote D'Ivoire $3, 603.438.776
3.Kenya. -$ 2, 873,418, 234
4. Ghana -$2,728,468,500
5. Angola -$2,437,716,676
6. DRC -$2,196,550,004
7. Ethiopia -$1,764,502,000
8. Tanzania -$1,335,730,000
9. Zambia -$1,271,660,000
10. Kameroun -$1,152,990,000
Ibihugu 10 bya Afurika bifite umwenda muto kuri IMF kugeza muri Mata (3) 2026
1. Namibia
2. Lesoto
3. Ibirwa bya Komore
4. Djibouti
5. Sao Tome na Principe
6. Guinée Equatoriale
7. Ginea-Bisau
8.Cape Verde
9. Burundi
10. Seychelles