Trump yakangishije kurasa Iran 'bikomeye nanone iri joro' nyuma yo kuvuga ko agahenge 'karangiye'
Perezida Donald Trump yakangishije gutera Iran “bikomeye” iri joro, nyuma y’amasaha avuze ko atekereza ko agahenge hagati y’Amerika na Iran “karangiye”.
Trump – uri mu nama y’umuryango wo gutabarana w’Uburayi n’Amerika (OTAN/NATO) muri Turukiya – mbere yavuze ku butegetsi bwa Iran agira ati: “Sinshaka kongera gukorana na bo, ni umwanda [nta cyo bamaze]. Ni abarwayi, bategetswe n’abarwayi.”
Trump yongeyeho ko abari mu biganiro bo ku mpande zombi bashobora gukomeza kuganira ariko agira ati: “Ntekereza ko barimo guta igihe cyabo.”
Iran ntirasubiza kuri ayo magambo ya Trump.
Trump abivuze nyuma yuko ibihugu byombi bigabanyeho ibitero. Mu ijoro ryo ku wa kabiri, Amerika yavuze ko yarashe ku hantu harenga 80 ho muri Iran.
Mu gusubiza, Iran yavuze ko yari irimo kurasa ku bigo bya gisirikare by’Amerika byo muri Bahrain no muri Kuwait.
Ibitero by’Amerika byo ku wa kabiri byakurikiye ibitero ku mato atatu atwara ibikomoka kuri peteroli mu muhora wa Hormuz. Iran ntiyigambye ibyo bitero mu buryo butaziguye.
Izindi nkuru wasoma: