Ivy'akakanya, Kenya: Imyigaragambyo yo kwamagana izimuka ry'ibiciro bya lisansi yahagaritswe
Abashinzwe gutwara abantu n'ibintu muri Kenya bahagaritse imyigaragambyo yabo mu gihugu cyose nyuma y'ibiganiro na leta ku izamuka ry'ibiciro bya lisansi.
Abahagarariye urugaga rwabashinzwe gurwara abantu bavuga ko bahagaritse imyigaragambyo mu gihe cy'iminsi irindwi kugira ngo batange amahirwe yo gukomeza ibiganiro na guverinoma.
Hagati aho ishami rishinzwe iperereza ku byaha (DCI) muri iki gihugu ryatangaje ko ryataye muri yombi abantu barenga 710 nyuma y’imyigaragambyo yabaye muri icyo gihugu kuwa mbere, bamagana izamuka ry’ibiciro bya lisansi.
Nk’uko itangazo ryashyizwe ahagaragara n’ishami rishinzwe umutekano ribivuga, abazafatwa bakora ibyaha mu myigaragambyo bazakurikiranwa mu buryo bukomeye.
“Buri Munyakenya afite uburenganzira bwo guteranira hamwe no gutanga ibitekerezo bye mu mahoro, ibikorwa by’urugomo, ubusahuzi, gutwika imitungo, gufunga imihanda, gusenya ibikorwa remezo, gutera abapolisi cyangwa abashoferi, n’ibikorwa byose bishobora gushyira ubuzima mu kaga ni ibyaha bikomeye,” Ubi byatangajwe n’ishami ryabyo rya X.
Nk’uko bitangazwa na DCI, iperereza ku myigaragambyo riracyakomeje, aho abantu barenga 710 batawe muri yombi mu bice bitandukanye hirya no hino muri Kenya.
Abantu 259 batawe muri yombi mu karere ka Rift Valley, abantu 189 batawe muri yombi i Nairobi, abantu 142 batawe muri yombi muri Kenya yo hagati, abantu 103 mu Burasirazuba bwa Kenya, mu gihe abantu 10 batawe muri yombi mu Burengerazuba no ku nkombe z'igihugu.
“Abakekwaho icyaha bamaze kugezwa mu rukiko uyu munsi kugira ngo basubize ibirego bitandukanye,” DCI yagize ati.
Imyigaragambyo yo kwamagana izamuka ry'ibiciro bya lisansi muri Kenya yinjiye ku munsi wayo wa kabiri uyu munsi.