‘Miss Pupulaire’ w’u Burundi yambuwe ikamba

Ahavuye isanamu, MissBurundi_Org
Abategura irushanwa rya Miss Burundi batangaje ko umukobwa ‘wakunzwe cyane’ ku mbuga zitandukanye (Miss Populaire) yambuwe iryo kamba kuva ku wa mbere, nk’uko biri mu itangazo basohoye mu ijoro ryacyeye.
Kompanyi INGO s.a itegura ayo marushanwa y’ubwiza ivuga ko Mugisha Monica Celeste “yakoze ingendo mu mahanga” atabimenyesheje, kandi ko bagerageje kumenya amakuru kuri we ntasubize.
Mugisha ntacyo aravuga ku byatangajwe n’iyi kompanyi iba ifitanye amasezerano y’imikoranire n’abakobwa batsinze irushanwa.
Iyo kompanyi ivuga ko kuva ubu Mugisha abujijwe gukoresha iryo kamba yahawe, n’ikirango cy’irushanwa ku mbufa izo ari zo zose.
Itangazo ryayo rivuga ko “gukoresha iryo kamba kuzafatwa nko kwiyitirira ikintu kandi kwatera gukurikiranwa mu mategeko”.
Amezi macye nyuma yo gutorwa muri Nyakanga(7) ishize Mugisha yagiye muri Suède mu bikorwa byo kumurika no guteza imbere umuco w’u Burundi, nyuma agaruka mu gihugu cye.
Mu ntangiriro z’uyu mwaka, Mugisha wari ufite umushinga ugendaye n’ubucuruzi bw’ikawa, yabonetse mu bindi bikorwa bitandukanye mu Burundi.
Izindi nkuru wasoma:





