Sierra Leone ibaye ikindi gihugu cy'Afurika cyakiriye abantu birukanwe muri Amerika
Sierra Leone ni cyo gihugu cya vuba aha muri Afurika cyakiriye abimukira birukanwe muri Amerika, mu gihe Perezida Donald Trump akomeje gukaza ingamba zo kurwanya abimukira binjira mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Mu gitondo cyo ku wa gatatu, indege yari itwaye abimukira icyenda bakomoka muri Afurika y’uburengerazuba yageze ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Sierra Leone kiri hanze gato y’umurwa mukuru, Freetown.
Mu cyumweru gishize, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Timothy Musa Kabba yabwiye ibiro ntaramakuru Reuters ko igihugu cye cyemeye kwakira abantu bagera kuri 300 buri mwaka birukanwa n'Amerika.
Ariko yongeyeho ko abo bantu bagomba kuba bakomoka mu bihugu bigize ECOWAS (CEDEAO), umuryango w’ubukungu w'ibihugu byo muri Afurika y’uburengerazuba.
Amerika yamaze kohereza mu bindi bihugu by'Afurika abandi bimukira birukanwe, birimo Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Ghana na Sudani y'Epfo.
Izindi nkuru wasoma: