Umucamanza yatesheje agaciro urubanza Trump yarezemo Wall Street Journal asaba miliyari 10$

    • Umwanditsi, Ana Faguy
  • Igihe co gusoma: iminota 2

Umucamanza muri Amerika yatesheje agaciro urubanza perezida Donald Trump, aregamo sosiyete ifite ikinyamakuru Wall Street Journal (WSJ) ku nkuru yavugaga ku mubano we n'uwahamijwe ibyaha by'ihohoterwa rishingiye ku gitsina, Jeffrey Epstein.

Trump yari yareze iki kinyamakuru n'abakiyobora barimo Rupert Murdoch mu rukiko rwo muri Florida mu mpeshyi ishize, asaba indishyi nibura zingana na miliyari 10 z'amadolari.

Perezida yavuze ko iki kinyamakuru cyamusebeje mu nkuru cyasohoye ku itariki ya 17 Nyakanga(7) ishize, ivuga ko izina rye ryari riri mu gitabo bandikamo amasabukuru y'amavuko yahaye Epstein mu 2003.

Iyo nkuru ivuga ko muri icyo gitabo Trump yari yashyizemo ubutumwa burimo igishushanyo cy'umubiri w'umugore.

Umunyamategeko wa Trump yabwiye BBC ko perezida ateganya kongera gutanga iki kirego.

Umucamanza ku rwego rwa Leta muri Amerika, Darrin Gayles, yavuze ko Trump "atigeze yegera na gato" kugaragaza ko WSJ yakoze ibyo yise "ubugizi bwa nabi bukabije", ari byo bisabwa kugira ngo umuntu atsinde urubanza rwo kumusebya muri Amerika.

Urubanza rwateshejwe agaciro nta kundi kugarukwaho ariko ntabwo bubijijwe ko Trump yongera kurushyikiriza urukiko mu buryo bushya. Afite kugeza ku itariki ya 27 Mata kugira ngo abikore.

Umunyamategeko we yavuze ko perezida azakomeza “gukurikirana abatangaza amakuru y'ibinyoma agamije kuyobya Abanyamerika."

Mu manza gusebyanya muri Amerika nk'icyaha "ubugizi bwa nabi" bisobanura ko urega agomba kugaragaza ko amakuru yatangajwe ari ibinyoma kandi ko uwayatangaje yari azi ko ari ibinyoma cyangwa yarayatangaje yirengagije ukuri kwabyo.

Mu cyemezo cye, umucamanza yavuze ko yagombaga gutesha agaciro uru rubanza kuko Trump "atashoboye kugaragaza mu buryo bufatika ko abaregwa batangaje inkuru bagamije inabi."

WSJ, ifitwe na sosiyete ya Murdoch yitwa News Corp., yasohoye inkuru yihariye mu mpeshyi ishize ihuza Trump na Epstein binyuze muri icyo gitabo cy'amasabukuru y'amavuko.

Ibyumweru bike nyuma, abadepite b'Abademokarate basohoye ifoto y'ubwo butumwa ku mbuga nkoranyambaga mbere y'uko hasohoka izindi nyandiko zijyanye na Epstein.

Iki kinyamakuru nticyigeze gisohora ifoto y'ubu butumwa icyo gihe, ariko ibisobanuro cyatanze byahuraga n'ibyagaragaye ku ifoto yashyizwe ahagaragara n'abadepite.

Trump yavuze ko ubwo butumwa ari "ikintu cyahimbwe" kandi ahakana ko ari we wabwanditse.

Epstein yahujwe na Trump mu buryo butandukanye mbere, uwo mugabo yapfiriye muri gereza mu 2019 mu buryo butavugwaho rumwe.