Inzoga 'zitujuje ubuziranenge': Umukuru w'ikigo FDA n'abo bareganwa basabiwe gufungwa iminsi 30 y'agateganyo

    • Umwanditsi, Jean Claude Mwambutsa
    • Igikorwa, BBC Gahuzamiryango i Kigali
  • Yatangajwe
  • Igihe co gusoma: iminota 5

Bamwe mu bayobozi b'inganda ziherutse gufungwa zishinjwa kutubahiriza ubuzirange bagejejwe imbere y'umucamanza ku wa kabiri basabirwa gufungwa by'agateganyo mu gihe bategereje ko urubanza ruburanishwa mu mizi.

Abandi bagejejwe mu rukiko ni abakozi b'ikigo gishinzwe ubuziranenge bw'ibiribwa n'imiti (Rwanda FDA) barimo umuyobozi mukuru wacyo Prof Emile Bienvenu.

Abanyenganda baregwa ibyaha birimo gukora inzoga zitubahirije ubuziranenge ndetse bivugwa ko zagize ingaruka ku bantu zirimo n'impfu.

Abayobozi bo mu kigo Rwanda FDA bo baregwa gukoresha inshingano bahabwa n'akazi, bakazikoresha mu nyungu zabo bwite.

Mu rukiko rw'ibanze rwa Kicukiro, ubushinjacyaha bwavuze ko Prof Emile Bienvenu yatanze icyangobwa cyitwa 'Food Business Operator' ku ruganda rwa Nyirangarama rw'umunyemari Sina Gérard kandi atabifitiye ububasha.

Ubushinjacyaha buvuga ko iki cyangombwa gitangwa n'akanama k'impuguke z'ikigo FDA kabanje kureba niba ugihabwa yujuje ibindi bisabwa.

Aka kanama ngo kateranye mu kwezi kwa gatandatu kw'uyu mwaka ubwo kagomba gusuzuma niba ibisabwa byuzuye, nyamara umuyobozi wa FDA we yaramaze gutanga icyangombwa mu kwezi kwa kane.

Ubushinjacyaha busaba ko Prof Emile Bienvenu akomeza gufungwa mu gihe cy'iminsi 30 mu gihe iperereza rikomeza.

Ku ruhande rwe, Prof Bienvenu avuga ko nta ho yanyuranyije n'amategeko kuko yatanze icyangombwa ashingiye ku myanzuro y'akanama ka FDA kari kateranye.

Abaregwa basabye kurekurwa

Umuyobozi wa FDA, usabirwa gukomeza gufungwa, we yasabye ko yarekurwa agakomeza gufasha igihugu kurwanya ibiribwa n'ibinyobwa binyuranyije n'amategeko no kubungabunga ubuzima bw'Abanyarwanda.

Ku ruhande rw'abanyenganda, ubushinjacyaha bwareze Samuel Ntihanabayo, umuyobozi w'uruganda rwa Ingufu Gin, kwirengagiza amabwiriza y'ubuziranenge, gushyira ibicuruzwa ku isoko nta bugenzuzi byakorewe, no kwinjiza mu gihugu ikinyabutabire cya ethanol (éthanol) atagaragaje inkomoko yacyo.

Ubushinjacyaha kandi bwareze uyu munyemari gushyira ku isoko inzoga zitakorewe ubugenzuzi bwo kugaragaza igipimo cya alukolo (alcohol) iri mu nzoga.

Ubushinjacyaha bukavuga ko ibi byashoboraga gushyira ubuzima bw'abantu mu kaga.

Ubwo yari ahawe ijambo, Ntihanabayo yasabye ko we nk'umushoramari yatandukanywa n'uruganda. Amakosa yaba yarabaye nubwo atayemera akabazwa abakozi bari bashinzwe imirimo itandukanye mu ruganda.

Yasabye gukurikiranwa adafunze kuko yemeza ko nta cyaha cyabaye.

Umwe mu banyamategeko bamwunganira yavuze ko Ntihanabayo adakwiye gukurikiranwa hashingiwe ku mategeko mpanabyaha mu gihe hari amabwiriza y'ikigo kigenzura ubuziranenge bw'ibiribwa n'imiti (Rwanda FDA) agena uko utabyubahirije ahanwa.

Uyu munyamategeko na we ashimangira ko nta makosa yabaye kuko hakozwe amagenzura atandukanye kandi yose akerekana ko uruganda Ingufu Gin rwari ruri mu murongo wemewe.

Yasabye ko hatabaho kurega inganda mu kivunge, ahubwo buri ruganda rukabazwa ibirureba kuko icyaha ari gatozi.

Uretse Ntihanabayo, hari n'abandi bakozi babiri ba Ingufu Gin na bo bagejejwe mu rukiko. Fulgence Twahirwa wari ushinzwe kugenzura ubuziranenge na Katushabe Donias wari ushinzwe gukurikirana imikorere y'uruganda na bo baregwa ibyaha bisa n'ibya nyir'uruganda.

Aba bombi basabye kurekurwa, bavuga ko ibyo bakoze byose byari binyuze mu mucyo kandi ko byahawe icyemezo cy'ubuziranenge.

Kayihura Belinda we yari ashinzwe uruganda Kerry Taste rukora ibyongera uburyohe, ibara n'impumuro mu biribwa n'ibinyobwa, cyangwa 'Flavours' mu Cyongereza.

Yarezwe gutumiza mu mahanga ikinyabutabire cya ethanol atabyemerewe no gukora umushongi wongera impumuro n'uburyohe mu buryo butizeza ubuziranenge.

Kayihura yahakanye gutumiza ethanol mu mahanga, avuga ko yayiguriraga imbere mu gihugu kandi akayigura n'abantu babyemerewe.

Ku itariki ya 13 y'uku kwezi kwa Kanama (8), urwego rw'ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB) ku bufatanye na polisi bagaragaje abantu 17 bataye muri yombi barimo n'umuyobozi mukuru w'ikigo FDA, bijyanye n'ifungwa, mu ntangiriro y'uku kwezi, ry'inganda zirenga 100 zakoraga inzoga abategetsi bavuga ko zitujuje ubuziranenge.

RIB yavuze ko barimo abakozi 10 b'ikigo Rwanda FDA, batatu bo mu kigo cy'igihugu gitsura ubuziranenge (RBS) n'"abayobozi bo mu nzego z'ibanze batandukanye" bo mu turere twa Gisagara, mu majyepfo y'igihugu, na Karongi mu burengerazuba.