Amerika yizihije isabukuru y'imyaka 250 y'ubwigenge mu birori byarimo umutambagiro w'indege n'imiriro y'ibishashi

    • Umwanditsi, Bernd Debusmann Jr
    • Yakoze inkuru ari, uri muri National Mall i Washington
    • Umwanditsi, Nardine Saad
    • Yakoze inkuru ari, i Los Angeles
  • Yatangajwe
  • Igihe co gusoma: iminota 4

Leta Zunze Ubumwe z'Amerika zizihije isabukuru y'imyaka 250 zimaze zibonye ubwigenge, mu birori byaranzwe no gucana ibishashi by'imiriro y'ibyishimo, imitambagiro y'indege, ikirere kibi mu bice binyuranye by'igihugu, hamwe hakaba hari hamaze iminsi hari ubushyuhe bukabije.

Mu ijambo rye, Perezida w'Amerika Donald Trump yagize ati: "Inzozi z'Amerika ziragarutse."

Nuko imbaga yari iteraniye muri iyo mitingi yatindishijwe, yabereye muri pariki ya National Mall iri i Washington, ivugira hejuru mu byishimo, mbere yuko ibishashi by'imiriro y'ibyishimo, bivugwa ko ari byo bya mbere byinshi cyane bicanwe muri Amerika, bibonesha muri iryo joro.

Itariki ya 4 Nyakanga (7), y'ikiruhuko ku rwego rw'igihugu, ni iyo kwizihiza igihe izari koloni 13 zo muri Amerika zashyiraga umukono ku Itangazo ry'Ubwigenge mu 1776 ryo kurangiza ubukoloni bw'Ubwongereza.

Iki gihugu kirimo ugucikamo ibice cyane, aho Trump yanenzwe ku kwiyerekezaho iyo ntambwe ikomeye mu mateka y'iki gihugu no kuyikoresha ku mpamvu za politike abinyujije mu gutangiza ibirori 250 by'Ubwisanzure (Ubwigenge), bitandukanye n'ibirori 250 by'Amerika byemejwe n'inteko ishingamategeko.

Yagize ati: "Harakabaho igitera ubwigenge."

"... tuzahora iteka turi hejuru, ntituzigera na rimwe tureka igihugu cyacu ngo kigwe, tuzahora iteka kuri indashyikirwa."

Mu gusoza ijambo ye, Trump yabwiye imbaga yari iteraniye aho ati: "Uyu ni umuseke [intangiriro] w'igihe cya zahabu [cyiza cyane] cy'Amerika" gifite iherezo "ryanditswe n'Imana".

Icyo abahoze ari ba perezida bavuze

Abahoze ari ba perezida b'Amerika bakiriho bose uko ari bane batangaje ubutumwa bwo kwizihiza iyi ntambwe ikomeye iki gihugu giteye.

Joe Biden, wabanjirije Trump, yibukije ibivugwa muri iryo Tangazo ry'Ubwigenge ko abantu bose baremwe bareshya.

Yagize ati: "Twahisemo iyo nzira mu myaka 250 ishize ariko aho ni ho umurimo watangiriye, si ho warangiriye." Yaburiye ko isezerano ry'iki gihugu ry'uburinganire kuri bose rikiri umurimo wo gukomeza gukorwa.

Barack Obama, wabaye Perezida w'Amerika wa mbere w'umwirabura, yongeye gutangaza bimwe mu bice byo mu ijambo aherutse kuvuga ubwo yatangizaga ingoro ndangamurage yo mu gihe cye nka perezida.

Yagize ati: "Hari byinshi byo gukora kugira ngo igihugu gisohoze intego zacyo."

"Buri gisekuru kigomba gukomereza ku murimo utararangiye w'igisekuru gishize kikawigiza imbere - mu kurinda ibyiza, gukosora ibibi, no gutuma ubumwe bwacu burushaho gato kuba ntamakemwa."

George W Bush, wabaye Perezida wa 43 w'Amerika, yavuze ko "imyaka 250 itaha isaba Abanyamerika kuba abaturage, aho kuba indorerezi".

Yavuze ko Abanyamerika bacyeneye "kwita cyane ku buzima n'imibereho by'igihugu cyacu n'aho batuye".

Uwamubanjirije ku butegetsi Bill Clinton yafashe akanya ko kugira icyo avuga kuri politike y'Amerika muri iki gihe.

Uyu wabaye Perezida wa 42 w'Amerika yagize ati: "Uyu munsi, turizihiza iyi ntambwe ikomeye mu gihe turi mu kindi gihe cyo gucikamo ibice cyane, ibibazo bishya kuri ejo hazaza h'Amerika n'uruhare rwayo ku isi, n'inkeke zikomeye ku nzego bwite zacu no kuri demokarasi yacu ubwayo."