Umuyobozi ushinzwe imikorere muri FIFA yirukanwe nyuma yo kunenga gahunda ya Perezida Infantino
Kevin Lamour, wari umuyobozi mukuru ushinzwe imikorere mu mpuzamashyirahamwe y'umupira w'amaguru ku isi (FIFA), yirukanywe ku kazi, nyuma y’igihe kitarenze ibyumweru bitatu anenze bikomeye gahunda yapfubye ya Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yo kugurisha imigabane mu marushanwa ya FIFA ku bashoramari bigenga.
Mu itangazo yasohoye, umuvugizi wa FIFA yemeje gusa ko “umubano w’akazi hagati ya FIFA na Kevin Lamour nk’umuyobozi mukuru ushinzwe imikorere warangiye ku itariki ya 17 Kanama (8) 2026.
"FIFA irashimira Kevin akazi yakoze mu myaka ibiri kandi imwifurije amahirwe masa mu bihe biri imbere.”
Ku mugoroba wo ku wa mbere, abakozi ba FIFA bohererejwe ubutumwa bwo kuri 'email' na Mattias Grafstrom, umunyamabanga mukuru wa FIFA, bubamenyesha ko FIFA na Lamour “bemeranyijwe gutandukana.”
Mu kwezi gushize, Lamour yari yanenze gahunda yari yateje impaka yiswe FIFA Forward Enterprise (FFE), avuga ko ari “umushinga w’umuntu umwe,” yumvikanisha Perezida wa FIFA, Gianni Infantino.
Yavuze kandi ko “igihe ubu kirageze kugira ngo abayobozi ba politiki b’umupira w’amaguru bibaze ibibazo bikwiye kandi bafate imyanzuro ikwiye".
Lamour yongeyeho ko ubuyobozi bwa FIFA ubwabwo bwari "bwarashutswe" ku byerekeye uwo mushinga ubu waretswe.
Izindi nkuru wasoma: