Cameroun yegukanye bwa mbere igikombe cya WAFCON itsinze Malawi

Ahavuye isanamu, BACKPAGE PIX
Ikipe y’igihugu ya Cameroon (Cameroun) y’abagore yatsinze Malawi ibitego 3-0, yegukana ku nshuro ya mbere mu mateka yayo igikombe cy’Afurika cy’abagore (WAFCON).
Cameroon yatangiye umukino neza, maze ku munota wa 20 Marie Ngah Manga atsinda igitego cya mbere n’umutwe ari hafi y’izamu. Naomi Eto yahise atsinda igitego cya kabiri ku munota wa 30, mu mukino wabereye i Rabat, mu murwa mukuru wa Maroc.
Cameroon yabonye igitego cya gatatu ku munota wa gatatu wo mu gihe cy'iminota y’inyongera y’igice cya mbere. Eto yacenze umunyezamu wa Malawi, Mercy Sikelo, ahereza umupira Ngah Manga wari uhagaze neza, wahise atsinda igitego cya gatatu. Iki cyari igitego cye cya gatanu muri iri rushanwa.
Malawi, igihugu cyari ku mwanya wa nyuma ku rutonde rw’isi mu makipe yitabiriye WAFCON 2026, aho yari iri ku mwanya wa 153, yageze ku mukino wa nyuma ishingiye cyane ku bushobozi bwo gutsinda bw’abavandimwe Tabitha Chawinga na Temwa Chawinga.

Ahavuye isanamu, BACKPAGE PIX
Icyakora, aba bakinnyi bombi ntibabonye umwanya wo gukina neza, kuko ba myugariro ba Cameroon babakurikiraniraga hafi. Ibyo byatumye Malawi inanirwa kurangiza neza urugendo rwayo rutari rwitezwe muri iri rushanwa.
Ngah Manga yari hafi gutsinda igitego cya gatatu cye muri uyu mukino (hat-trick) no kwegukana wenyine igihembo cy’uwatsinze ibitego byinshi, ariko ku munota wa gatatu w’igice cya kabiri ntiyabashije kubyaza umusaruro uwo mwanya. Yacenze umunyezamu Sikelo, ariko ari hafi y’izamu cyane birangira umupira awuteye hanze.
Amahirwe akomeye Malawi yabonye yaje nyuma y’isaha imwe y’umukino, ubwo Tabitha Chawinga yateraga ishoti yo hasi ariko umunyezamu wa Cameroon Michaely Bihina akayikuramo. Umupira wasubiye kuri murumuna we Temwa Chawinga, na we arawutera ariko ujya hanze.
Izindi nkuru wasoma:
Ayandi makuru yacu mushobora kuyakurikira kuri YouTube kuri BBC News Gahuza






