OMS: Icyorezo cya Ebola muri DR Congo gishobora kuzahitana benshi kurusha ibindi byose byabayeho
Umuyobozi mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) yavuze ko icyorezo cya Ebola kiri muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo gishobora kurenza ibyorezo byahitanye abantu benshi kurusha ibindi byose byabayeho mbere.
Tedros Adhanom Ghebreyesus yabwiye abanyamakuru ko, “nigikomeza kwiyongera nk'uko biri kugenda ubu,” kizarenza icyabaye hagati ya 2014 na 2016, cyahitanye nibura abantu 11,000.
Iki cyorezo cyatangajwe ku mugaragaro ku wa 15 Gicurasi (5), ariko inzego z'ubuzima zivuga ko bishoboka ko cyari cyaratangiye nibura amezi atatu mbere y'aho.
Kugeza ubu hamaze kuboneka abarenga 4,300 banduye, mu gihe abarenga 2,000 bamaze gupfa.
OMS yavuze ku wa gatatu ko yizeye ko mu gihe cy’amezi atatu ishobora kuba yaragabanyije cyane ikwirakwira ry’iyo ndwara. Gusa, OMS yihanangirije ko ibi bitavuze ko icyorezo kizaba kirangiye burundu, ahubwo ko kizaba cyaragabanyijwe cyane.
Iki cyorezo cyatewe n'ubwoko bwa virusi ya Ebola buzwi nka Bundibugyo, bumaze kugaragara inshuro ebyiri gusa mu mateka, aho bwagaragaraye mu mwaka wa 2007 no mu 2012.
Kugeza ubu, nta rukingo rwemewe cyangwa imiti yihariye yemewe yo kuvura ubu bwoko bwa Ebola iraboneka.
Iki cyorezo cyibasiye cyane uburasirazuba bwa RDC, ahakomeje kugaragara ibibazo by'umutekano muke. Ibi byatumye kugenzura ikwirakwira ryacyo bigorana.
Umuyobozi wa OMS muri Afurika, Mohamed Janabi, yavuze ko kubera izo mbogamizi, abakozi bo mu rwego rw’ubuzima bagera kuri 30% gusa by’abanduye.
Ebola ni indwara ikomeye iterwa na virusi kandi ishobora guhitana umuntu mu gihe gito. Ibimenyetso byayo bishobora kugaragara hagati y'iminsi 2 na 21 nyuma yo kwandura.
Mu ntangiriro, umuntu ashobora kugira ibimenyetso bisa n’ibya grippe cyangwa malaria, birimo kugira umuriro, kubabara umutwe no kugira umunaniro, kandi bishobora gutangira mu buryo butunguranye.
Uko indwara ikomeje gukara, umuntu ashobora kuruka no guhitwa, bikaba byanageza ku kwangirika kwa zimwe mu ngingo z’umubiri.
Virusi ya Ebola yandurira cyane cyane mu gukorana cyangwa guhura n'amazi ava mu mubiri w'uwanduye, nk'amaraso, amacandwe cyangwa ibirutsi.
Mu Bwongereza, ikigo gishinzwe kugenzura imiti n'inkingo (MHRA) cyamaze kwemerera abashakashatsi gutangira igerageza rya mbere ku bantu ry'urukingo rugamije kurwanya ubwoko bwa Bundibugyo.
Uru rukingo rurimo gukorwa n'abahanga bo muri Kaminuza ya Oxford, bakoresheje ikoranabuhanga nk'iryakoreshejwe mu gukora urukingo rwa Oxford-AstraZeneca rwakoreshejwe mu kurwanya COVID-19.
Hari n'andi matsinda atatu y'abashakashatsi ari guteza imbere izindi nkingo zo kurwanya ubu bwoko bwa Ebola, nubwo zitaratangira kugeragerezwa ku bantu.
OMS kandi iri gutera inkunga irindi geragezwa ry’ubuvuzi rikorerwa ku bantu muri RDC igamije kureba niba imiti ibiri isanzwe ikoreshwa mu kurwanya virusi ishobora kongera amahirwe yo kurokoka ku barwaye Ebola.
Izindi nkuru wasoma:
Ayandi makuru yacu mushobora kuyakurikira kuri YouTube kuri BBC News Gahuza