Ukraine: Uwari Minisitiri w'ingabo akirukanwa yasabye ko haba amatora ya perezida

Ahavuye isanamu, Reuters
Uwahoze ari Minisitiri w’ingabo wa Ukraine Mykhailo Fedorov yasabye ko haba amatora muri iki gihe cy’intambara, ibi benshi bakaba babona ari ko guhangana kwa mbere gukomeye n’ubutegetsi bwa Perezida Volodymyr Zelensky kubayeho kuva intambara y’Uburusiya itangiye muri Gashyantare (2) mu mwaka wa 2022.
Muri videwo yatangaje ku rubuga rwa YouTube ku wa kabiri, Fedorov, w’imyaka 35, yagize ati: “Demokarasi ntishobora gufatwa bugwate n’Uburusiya.” Yongeyeho ko Ukraine irimo kurwana “neza neza kuko dushaka gukomeza kuba igihugu cyisanzuye [cyigenga] cy’i Burayi”.
Kuva Uburusiya buteye Ukraine, iki gihugu gikomeje kubaho hashingiwe ku mategeko ya gisirikare yasimbuye aya gisivile kubera ibihe bidasanzwe by’intambara, ibyo bivuze ko amatora yahagaritswe.
Fedorov, muri iyo videwo utavuze Zelensky mu izina, yirukanwe ku mwanya we wa minisitiri w’ingabo mu buryo butunguranye mu mpera ya Nyakanga (7) uyu mwaka, hashize amezi atandatu ashyizwe kuri uwo mwanya.
Zelensky nta cyo yari yasubiza kuri iyo videwo ya Fedorov. Iyirukanwa rye ryateje imyigaragambyo mu bice binyuranye by’igihugu.
Ku gihe cye nka minisitiri w’ingabo, Fedorov yashimwe ku kongera imbaraga muri iyo minisiteri, ayobora gahunda yo kurwanya ruswa ndetse ashyiraho uburyo bwo gushingira ku byo imibare igaragaza, mu gusesengura no kugerageza kunoza imyitwarire y’ingabo ku rugamba.
Iyirukanwa rye ryemewe na benshi nk’iryari rifitanye isano n’ubushyamirane hagati ye n’umugaba mukuru w’ingabo, Oleksandr Syrskyi. Ibyumweru byinshi nyuma yaho, Syrskyi na we yasimbujwe kuri uwo mwanya, nyuma y’imyigaragambyo yari imaze ibyumweru yokeje igitutu perezida wa Ukraine.
Muri iyo videwo yo kuri YouTube, Fedorov nta kimenyetso yatanze cya gahunda ateganya muri politike, ahubwo yibanda ku kuvuga ko hacyenewe “uburyo bukurikije amategeko, butekanye kandi bushyize mu gaciro bwo gutuma Ukraine isubizaho inzira yuzuye ya demokarasi no mu gihe cy’intambara imaze igihe kirekire”.
Izindi nkuru wasoma:

