‘URwanda rwugarijwe n’ingaruka zifungwa ry’umuhora wa Hormuz’- Ministri Nsengiyumva
- Umwanditsi, Jean Claude Mwambutsa
- Igikorwa, BBC Great Lakes, Kigali
Ministri w’intebe w’U Rwanda Justin Nsengiyumva yabwiye inteko ishingamategeko ko igihugu gikomeje guhura n’ingaruka z’ubukungu zishingiye ku ntambara yo mu burasirazuba bwo hagati .
Imbere y’abadepite ,Ministre w’intebe Nsengiyumva yavuze ko ubukungu bw’U Rwanda buhagaze neza nubwo hari aho bwahuye n’ingaruka z’intambara yo mu burasirazuba bwo hagati .
Nk’uko yabivuze urwego rw’ubwikorezi ruri mu zahuye n’ibibazo kubera ifungwa ry’umuhora wa Hormuz ryatumye ibikomoka kuri peteroli bidakomeza kuza ku buryo bworoshye .
Nsengiyumva avuga ko byabaye ngombwa ko Leta ikora mu kigega cyayo kugira ngo ifashe urwego rw’ubwikorezi kugira ngo ingaruka zitaba nyinshi cyane ku baturage .
‘’Hagati y’ukwezi kwa Gatatu n’ukwa Gatandatu,nkunganire twatanze iri hafi ya Miliyari 48 z’Amafranga y’U Rwanda yashyizwe mu bwikorezi bw,abantu n’ibintu .Byatumye igiciro cya mazutu kiguma ku mafaranga 2927 kuri litiro aho kuba 3600 kuri litiro iyo dushingira ku biciro ku isoko mpuzamahanga…..
Byagabanyije umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro by’ubwikorezi birinda ko ubukungu n’ubuzima bw’abaturage bihungabana’’
Ministri w’intebe yabwiye abadepite ko hari ibindi byemezo byafashwe mu rwego rw’ubwikorezi bwaba ubw’ibicuruzwa ndetse n’abantu.
‘’Mu mujyi wa Kigali twafashe ibyemezo byo kongera bisi zikoresha amashanyarazi ndetse duteganya ko zizakomeza kwiyongera .Ikindi hari ibice by’imihanda twahariye bisi zonyine kugira ngo bifashe abagenzi kwihuta batabangamiwe n’imodoka nyinshi mu muhanda ‘’
Gukoresha ibinyabiziga bitwarwa n’amashanyarazi byageze no muri za moto ndetse igihugu giteganya ko nta moto nshya izongera kwemererwa kwinjira mu gihugu mu gihe idakoresha amashanyarazi .
Ministri w’intebe yasezeranyije abadepite ko igihugu gifite umugambi wo kugira ubushobozi bwo kubika litiro zigera kuri miliyoni 230 mu myaka itatu iri imbere zivuye kuri miliyoni 118 U Rwanda rushobora kubika muri iki gihe .
U Rwanda kandi ruvuga ko rwasinye amasezerano na bimwe mu bihugu by’akarere Kenya na Tanzania kugira ngo bifatanye kugura ibikomoka kuri Peteroli bityo buri gihugu kigire ububiko bugihagije.
Ministri w’intebe Nsengiyumva akavuga ko bitarenze impera z’uku kwezi ,U Rwanda rwiteguye kwakira Miliyoni mirongo ine z’ama litro y’ibikomoka kuri peteroli kandi ibi ngo bikazajya biba uko ukwezi gutashye .