Rwanda: Abanyeshuri barenga 7000 bakopeye ibizamini bya leta bagiye kubisubiramo

    • Umwanditsi, Didier Bikorimana
    • Igikorwa, BBC Gahuzamiryango
  • Yatangajwe
  • Igihe co gusoma: iminota 4

Minisiteri y'uburezi mu Rwanda yatangaje ko iperereza yakoze ku bikorwa byo gukopera no gukopeza ibizamini bya leta bisoza amashuri abanza by'umwaka w'amashuri wa 2025/2026 ryemeje ko habaye gukopera mu buryo bwa rusange mu byumba 254 byakorerwagamo ibizamini, byarimo abanyeshuri 7,188 hirya no hino mu gihugu, ubu bakaba bagiye kubisubiramo.

Mu itangazo yasohoye ku mbuga nkoranyambaga mu ijoro ryo ku cyumweru, yavuze ko "n'ubwo ubusanzwe uwakoze amakosa nk'aya ahanishwa gutesha agaciro ibizamini yakoze" atari ko bigiye kugenda kuri abo banyeshuri, kuko iperereza ryasanze ko "bimwe muri ibi bikorwa byo gukopera byateguwe cyangwa bikagirwamo uruhare n'abantu bakuru bari bahawe inshingano zo gukoresha no kugenzura itangwa ry'ibizamini".

Ni bwo bwa mbere mu myaka ya vuba aha ishize minisiteri y'uburezi yemeye ku mugaragaro ko habaye gukopera ibizamini bya leta bikaba ngombwa ko bisubirwamo.

Ikibazo cy'ahazaza h'abo banyeshuri cyari cyakomeje guteza impungenge ababyeyi n'abo banyeshuri, bibaza uko bizagenda, kuva amanota y'abarangije amashuri abanza ndetse n'ay'abarangije icyiciro rusange cy'amashuri yisumbuye yatangazwa ku itariki ya 20 Kanama (8) uyu mwaka.

Abanyeshuri barenga gato 277,000 ni bo biyandikishije gukora ibizamini bya leta birangiza amashuri abanza, byakorewe ku bigo by'ibizamini 1,182 byo hirya no hino mu gihugu, mu gihe abarenga gato 149,000 ari bo biyandikishije gukora ibizamini bya leta birangiza icyiciro rusange cy'amashuri yisumbuye – ni ukuvuga imyaka itatu ibanza y'amashuri yisumbuye.

Ibyo bizamini bya leta bizasubirwamo kuva ku itariki ya kabiri kugeza ku ya kane Nzeri (9) uyu mwaka, "mu rwego rwo kurengera abanyeshuri no kubungabunga ahazaza habo", nkuko minisiteri y'uburezi yabitangaje.

Minisiteri y'uburezi itangaje ibi mu gihe hasigaye icyumweru kimwe ngo igihembwe cya mbere cy'umwaka w'amashuri wa 2026/2027 gitangire ku itariki ya 7 Nzeri.

Mu kiganiro n'igitangazamakuru cya leta (RBA), Minisitiri w'uburezi Joseph Nsengimana yemeye ko iki gihe kidahagije ngo abo banyeshuri babe bashoboye kwitegura neza, ati: "Si byo byakwifujwe" ariko yongeyeho ko aya ari "amahirwe adasanzwe" abo banyeshuri babonye.

Yagize ati: "Ibi ngibi ntabwo ari ibintu bisanzwe."

Minisitiri Nsengimana yabwiye RBA ko amanota y'aba banyeshuri bagiye gusubiramo ibizamini azatangazwa ku itariki 11 Nzeri, abatsinze bakazatangira igihembwe ku itariki ya 14 Nzeri, abandi batakopeye bakazaba bo bamaze icyumweru batangiye.

Ati: "Ariko gutakaza icyumweru kimwe biruta gutakaza umwaka."

Minisiteri y'uburezi yatangaje ko kuri uyu wa mbere ikigo cy'igihugu gishinzwe ibizamini n'ubugenzuzi bw'amashuri (NESA) gitangaza ingengabihe y'ibyo bizamini, ibigo bizakorerwaho n'andi mabwiriza acyenewe, ndetse ko minisiteri na NESA bizakorana bya hafi n'abanyeshuri, ababyeyi, amashuri n'inzego z'ibanze "kugira ngo iki gikorwa gikorwe neza mu buryo bwitondewe".

Minisiteri y'uburezi yongeye gushimangira ko ubuziranenge bw'ibizamini bya leta "budashobora kugibwaho impaka", ivuga ko izarushaho gukaza ingamba zo kunoza imitegurire y'ibizamini, kurinda no kugenzura uko bikorwa.

Itangazo rya minisiteri y'uburezi rigira riti: "Abantu bose bazagaragaraho kuba barateguye, barafashije, baragize uruhare urwo ari rwo rwose cyangwa bararebereye nkana ibikorwa byo gukopera no gukopeza bazahanwa hakurikijwe amategeko."

Minisitiri Nsengimana yavuze ko mu mitegurire no mu kohereza ibizamini bya leta aho bikorerwa nta kibazo cyari cyabaye, ahubwo ikibazo cyo gukopera no gukopeza kikaba cyaragaragaye ku munsi nyirizina w'ibizamini mu byumba bimwe bikorerwamo ibizamini.

Muri zimwe mu ngamba iyi minisiteri ubu yafashe, Minisitiri Nsengimana yavuze ko harimo ko mu cyumba cy'ibizamini hazajya haba harimo abantu babiri bagenzura ibizamini kandi baturuka ku bigo bitandukanye "kugira ngo ibi bitazongera kuba".