Amerika ivuga ko yumvikanye na Iran guhagarika imirwano nyuma yo kurasana – ni ko amakuru avuga
Amerika na Iran byumvikanye guhagarika imirwano nyuma yuko impande zombi zari zimaze iminsi micye zirasana, nkuko amakuru yo mu bitangazamakuru byo muri Amerika abivuga, asubiramo amagambo y'umutegetsi wo muri Amerika.
Ibi bibaye nyuma y’ibitero byagiye bibera mu muhora wa Hormuz no mu nkengero zawo, aho impande zombi zageze aho zishinjanya kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano.
Uwo mutegetsi yabwiye igitangazamakuru CBS News, gikorana na BBC muri Amerika, ko ubu amato azongera kunyura muri uwo muhora "mu bwisanzure", anongeraho ko ibiganiro byasubukuwe bigamije guhagarika intambara burundu bizakomeza.
Iran ntiragira icyo itangaza ku makuru avuga ko yemeye guhagarika ibitero muri uwo muhora.
Ku itariki ya 17 Kamena (6), Amerika na Iran byashyize umukono ku masezerano y’ubwumvikane (MoU) agizwe n’ingingo 14, harimo n’iyo “guhagarika ibikorwa bya gisirikare aka kanya kandi burundu ku mpande zose”.
Muri ayo masezerano, Iran yemeye gukora ibishoboka byose kugira ngo amato y’ubucuruzi ahanyure atekanye nta kiguzi gisabwa mu gihe cy’iminsi 60.
Ariko ayo masezerano yo guhagarika imirwano, yashyizweho umukono mu byumweru bitageze kuri bibiri bishize, yatangiye guhungabana mu minsi ishize kubera ibitero byongeye kugabwa n’impande zombi.