IKIBIRIRAHO, Umwuzure w’igihe gito ku mupaka wa Nepal na Tibet wishe abantu barenga 160, ba mukerarugendo amagana baburirwa irengero

Ikigo cy’ubukerarugendo cya Nepal kivuga ko ba mukerarugendo baburiwe irengero barimo 133 bakomoka mu Buhinde, 54 bo muri Amerika, na 33 bo mu Bwongereza, ndetse n’abarenga 100 bo muri Nepal ubwayo.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana na Latifa Mutesi

  1. Tanzania: CCM yatanze Minisitiri w'ingufu ku mwanya wa Visi Perezida mushya

    Deogratius Ndejembi akoze ikimenyetso n'ikiganza, yicaye arimo kuvugira mu ndangururamajwi iriho ipamba ry'ibara rya 'orange'. Yambaye ikositimu y'ubururu n'ishati y'umweru. Yicaye ku ntebe yegamirwa ikoze mu giti iriho umusego w'umukara.

    Ahavuye isanamu, NISHATI

    Insiguro y'isanamu, Deogratius Ndejembi atanzwe kuri uyu mwanya nyuma yuko uwari Visi Perezida yeguye

    Minisitiri w’ingufu (z’amashanyarazi) wa Tanzania Deogratius Ndejembi yatanzwe n’ishyaka riri ku butegetsi rya CCM ngo abe Visi Perezida mushya w’icyo gihugu nyuma y’iyegura rya Emmanuel Nchimbi.

    Ndejembi, w’imyaka 43, yatanzwe na komite nkuru ya CCM mu nama idasanzwe yabaye ku wa gatatu i Dar es Salaam, yayobowe na Perezida Samia Suluhu.

    Izina rye ryatangajwe n’umunyamabanga mukuru wa CCM Asha-Rose Migiro mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye mu ijoro ryo ku wa gatatu. Yanatangaje icyemezo cy’iryo shyaka cyo kwirukana Nchimbi kubera icyo uwo munyamabanga mukuru yasobanuye ko ari imyitwarire mibi.

    Izina rya Ndejembi ubu rigiye gushyikirizwa inteko ishingamategeko kugira ngo ryemezwe, bijyanye n’ibiteganywa n’itegekonshinga ku kuziba icyuho ku mwanya wa Visi Perezida. Itariki izina rye rizagerezwa mu nteko ishingamategeko ntiyatangajwe.

    Itangwa rye ku mwanya wa Visi Perezida ryabaye hashize umunsi umwe Perezida Samia yemeye ubwegure bwa Nchimbi, buzatangira gushyirwa mu ngiro ku itariki ya 4 Nzeri (9) uyu mwaka.

    Ndejembi ni Depite akaba n’umunyapolitike wo ku rwego rwo hejuru mu ishyaka CCM. Mbere yuko aba Minisitiri w’ingufu, yabanje kuba minisitiri wungirije ndetse nyuma yaho aba mu myanya inyuranye yo ku rwego rwa minisiteri y’umurimo n’ubutaka.

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Umwuzure w’igihe gito ku mupaka wa Nepal na Tibet wishe abantu barenga 160, ba mukerarugendo amagana baburirwa irengero

    Umukecuru ufashwe n'umupolisi n'undi muturage umwe basize mu modoka icukura inyuma

    Ahavuye isanamu, EPA

    Abantu 162 bamaze gupfa muri Nepal, naho abandi babarirwa mu magana barimo ba mukerarugendo baburiwe irengero, nyuma y’umwuzure ukaze w’igihe gito (flash flood) n’ibyondo bifite imbaraga byamanutse ku bwinshi kubera inkangu.

    Muri ba mukerarugendo baburiwe irengero harimo abarenga 100 baturuka mu Buhinde, 54 bo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, 34 baturuka muri Australia ndetse na 33 baturuka mu Bwongereza.

    Abategetsi bavuga ko kandi hari abarenga 100 bo muri Nepal ubwayo baburiwe irengero.

    Ako gace gasurwa cyane n’abajya gusengera ahantu hatagatifu ndetse n’abakora ingendo zo gutembera mu misozi.

    Amerika, Ubushinwa, Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi n’Ubuhinde ni bimwe mu bihugu byasezeranyije gutanga ubufasha cyangwa kohereza ibikoresho by’ubutabazi.

    Hari kandi abapolisi n’abasirikare benshi ba Nepal baburiwe irengero, ndetse n’abakozi bakoraga mu bijyanye n’amashanyarazi.

    Umugore umwe warokotse yabwiye BBC ko “umuryango wanjye watwawe n’amazi ndi kubireba”. Yavuze ko we n’umuhungu we babashije kurokoka nyuma yo kurira hejuru y’inzu.

    Mu ntangiriro, abategetsi bakekaga ko umutingito w’isi waba wabanjirije uwo mwuzure. Ariko ikigo cy’Amerika gikora ubushakashatsi ku miterere y’ubutaka (US Geological Survey) cyatangaje ko “ingufu zo gutigita ahubwo zatewe n’inkangu.”

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo mu buryo bw'aka kanya.