IKIBIRIRAHO, Umukozi ukora ubutabazi muri Nepal avuga hakiri icyizere cyo kubona abarokotse mu gihe umwuzure w'igihe gito wishe abarenga 500

Abategetsi bavuga ko umubare w’abamaze gupfa muri Nepal umaze kugera kuri 547, nyuma y’umwuzure ukaze w’igihe gito (flash flood) wabaye ku wa gatatu.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana na Latifa Mutesi

  1. Umukozi ukora ubutabazi muri Nepal avuga hakiri icyizere cyo kubona abarokotse mu gihe umwuzure w'igihe gito wishe abarenga 500

    Umugore wicaye wambaye imyenda y'umutuku. Ku rutugu, afite igitambaro cy'umutuku kirimo amabara macye y'umweru n'inkweto zifunguye z'umuhondo. Inyuma ye hari undi wegamye ku cyuma cy'umutuku, wambaye ipantalo ya 'orange' n'igitambaro ku rutugu cy'ibara rya 'orange' n'ishati irimo amabara y'umutuku wijimye. Inyuma yabo hari n'abandi benshi bicaye n'abahagaze.

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Abategetsi bavuga ko umubare w’abamaze gupfa muri Nepal umaze kugera kuri 547, nyuma y’umwuzure ukaze w’igihe gito (flash flood) wabaye ku wa gatatu, wibasiye agace kegereye umupaka ko mu misozi miremire ya Himalaya.

    Umukozi ukora ubutabazi muri Nepal yabwiye BBC ko uko ibintu bimeze muri Nepal ari "akajagari" ariko avuga ko hakiri icyizere ko bamwe mu bakomeje kuburirwa irengero "bashobora kuboneka ari bazima".

    Abategetsi bo muri Nepal bavuga ko abanyamahanga barenga 100 batabawe. Mbere yaho, abo bategetsi bari bavuze ko abarenga 500 baburiwe irengero.

    Muri Tibet, abantu batanu bamaze gupfa, mu gihe abarenga 558 baburiwe irengero. Ntabwo biramenyekana niba iyi mibare mishya ikomatanye n'abamaze kubarurwa no muri Nepal.

    Hagati aho, ibitangazamakuru byo mu Bushinwa byatagaje ko abategetsi baho basubukuye ibikorwa byo gushakisha no gutabara hafi y’umupaka wa Nepal na Tibet. Mbere byari byahagaritswe kubera ubwoba ko amazi y'ikiyaga gishya cyabayeho kubera amazi yiyongereye, yashoboraga kurenga inkombe agatera undi mwuzure.

    Abategetsi babwiye BBC ko ihirima ry’urubura runini (cyangwa ‘glacier’) ari ryo ryateje uwo mwuzure ukaze w’igihe gito.

    Amazi menshi yatewe n’uko guhirima (gusenyuka) yanyuze mu ngo no mu mihanda, asenya byinshi ndetse anangiza inzira y’ingenzi ihuza Nepal na Tibet.

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Trump yashyize umukono ku iteka rihindura izina ry'ikiyaga cya Ontario kikitwa ikiyaga cy'Amerika

    Perezida w’Amerika, Donald Trump, afashe inyandiko ayerekana iriho umukono we mu biro bya perezida. Inyuma ye hari Minisitiri w'ubutegetsi bw’igihugu, Doug Burgum, ndetse n’ikarita nini igaragaza Amerika, Canada n’ibiyaga bigari. Kuri iyo karita, ikiyaga cya Ontario (Lake Ontario) cyanditse mu nyuguti zitukura aho cyiswe ikiyaga cy'Amerika (Lake America).

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Insiguro y'isanamu, Ku wa kane, Trump yavuze ko yashyize umukono ku nyandiko zose zikenewe kugira ngo ahindure izina ry’iki kiyaga

    Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump, yashyize umukono ku iteka rya Perezida rigamije guhindura izina ry’ikiyaga cya Ontario (cyangwa 'Lake Ontario') kikitwa ikiyaga cy'Amerika (cyangwa 'Lake America').

    Iki cyemezo gifashwe nyuma yuko ibiganiro by’ubucuruzi hagati y'Amerika na Canada bihagaze mu cyumweru gishize, nuko Amerika igashyiraho imisoro mishya ya 50% ku bicuruzwa bya Canada byinjira muri Amerika bifite agaciro ka miliyari 20 z’amadolari y’Amerika (ni ukuvuga tiriyari hafi 29 FRW).

    Canada na yo yavuze ko guhera mu kwezi gutaha izihorera ishyiraho imisoro ingana n'iyo Amerika yashyize ku bicuruzwa byayo.

    Ku wa kane, Trump yavuze ko iki cyemezo “gitangiye gukurikizwa aka kanya” kandi ko ubutegetsi bwe “bwatanze impapuro zose zikenewe” kugira ngo izina ry’iki kiyaga rihindurwe.

    Mu gusubiza, Minisitri w'intebe wa Canada yavuze ko "ibintu bigomba kwitwa mu izina ryabyo, kandi iki kiyaga cyitwa Ikiyaga cya Ontario – uyu munsi n'iteka ryose".

    Ikiyaga cya Ontario, cya mbere gito cyane mu biyaga bigari byo muri Amerika ya Ruguru, gihana imbibi n'intara ya Ontario ya Canada hamwe na leta ya New York yo muri Amerika.

    Trump yakomeje gutangaza ku mbuga nkoranyambaga ubutumwa bwo gukangisha ko ashobora guhindura izina ry’iki kiyaga, mu gihe amakimbirane y’ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi akomeje.

    Inyandiko y'iryo teka Trump yashyizeho umukono ivuga ko minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu y'Amerika ifite igihe kitarenze iminsi 30 kugira ngo ibe yamaze guhindura izina ry’iki kiyaga mu bubiko bwemewe bw’amazina y’ahantu muri Amerika (buzwi nka 'Geographic Names Information Service').

    Carney yavuze ko izina 'Lake Ontario' rimaze imyaka irenga 400 rikoreshwa, ndetse ko ryari risanzweho mbere yuko Canada iba igihugu cyunze ubumwe ndetse na mbere yuko Amerika itangaza ubwigenge bwayo.

    Yanditse ku mbuga nkoranyambaga ati: “Tuzi ko Leta Zunze Ubumwe [z’Amerika] zirimo guhinduka. Umubano wayo mu bucuruzi, politike yayo y’ububanyi n’amahanga, inzibutso zayo z’igihugu [n’], amazina y’ahantu haba amazi magari [harimo n’ibiyaga].

    “Abagore n’abagabo bo muri Canada na bo bazi ko ibintu bigomba kwitwa izina ryabyo, kandi iki kiyaga cyitwa Lake Ontario – uyu munsi n’iteka ryose.”

    Igihe Trump yasubiraga ku butegetsi mu mwaka wa 2025, yari yashyize umukono ku rindi teka risa n’iri, rihindura izina ry’ikigobe cya Mexico ('Gulf of Mexico') rikaba ikigobe cy’Amerika ('Gulf of America').

    Mexico yanze kwemera iryo hindurwa ry’izina, ivuga ko igihugu kimwe kidashobora guhindura izina ry’ahantu hari amazi magari ahuriweho n'ibihugu.

    Izindi nkuru wasoma:

  3. RD Congo: Perezida Tshisekedi yatangaje ibiganiro 'bidaheza' ariko akumira imitwe yitwaje intwaro

    Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo yambaye ikositimu y'ubururu, ishati y'umweru na karuvati irimo amabara y'ubururu. Arimo kuvugira mu ndangururamajwi ebyiri, iruhande rwe hari ibendera ry'igihugu.

    Ahavuye isanamu, Présidence RDC / X

    Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) Félix Tshisekedi yatangaje ko hagiye guterana ibiganiro bidaheza byo ku rwego rw'igihugu bigamije guteza imbere amahoro, ubumwe n'ubwiyunge mu gihugu.

    Mu ijambo ryanyuze kuri televiziyo yagejeje ku baturage ku mugoroba wo ku wa kane, Perezida Tshisekedi yavuze ko ibyo biganiro bizaha Abanye-Congo umwanya wo kuganira no gushakira hamwe ibisubizo ku bibazo bitandukanye igihugu gihanganye na byo, birimo umutekano mucye, intege nke mu miyoborere, itangwa rya serivisi za leta ndetse n'ubusumbane mu baturage.

    Inkuru irambuye hano

    Izindi nkuru wasoma:

  4. Ratko Mladić, Umu-Serbe wo muri Bosnia wari warahamwe n'ibyaha bya jenoside, yapfuye ku myaka 84

    Ratko Mladić, Umu-Serbe wo muri Bosnia wahoze ari komanda, agaragara mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriwe iyahoze ari Yugoslavia (ICTY), aha ni i The Hague (La Haye), mu Buholandi, ku itariki ya 3 Kamena (6) mu mwaka wa 2011.

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Insiguro y'isanamu, Mladić yihishahishe imyaka 16 nyuma y'intambara yo muri Bosnia, amaherezo aza kuburanishwa i La Haye mu Buholandi

    Ratko Mladić, Umu-Serbe wo muri Bosnia wari warahamwe n'ibyaha byo mu ntambara, yapfiriye muri gereza y'Umuryango w'Abibumbye (ONU) iri i La Haye (The Hague) mu Buholandi, afite imyaka 84.

    Mu mwaka wa 2017 yakatiwe gufungwa burundu, nyuma yo guhamwa n'ibyaha bya jenoside, ibyaha byo mu ntambara n'ibyaha byibasiye inyokomuntu mu gihe cy'intambara yabaye mu yahoze ari Yugoslavia kuva mu mwaka wa 1992 kugeza mu 1995.

    Inkuru irambuye hano

    Izindi nkuru wasoma:

  5. Abishwe n’umwuzure muri Nepal na Tibet bageze ku bantu nibura 469

    bisigazwa by’ibintu byasenyutse, nk’ibiti, amabuye biranyanyagiye hirya no hino hari n'abantu bake

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Abantu nibura 469 bamaze gupfa muri Nepal ndetse abandi babarirwa mu magana baracyaburiwe irengero, nyuma y’umwuzure ukaze w’igihe gito (flash flood) wabaye ku wa gatatu, mu gace k’imisozi miremire ya Himalaya kegereye umupaka.

    Muri Tibet, abantu batatu bamaze gupfa, mu gihe abarenga 550 baburiwe irengero. Ntabwo biramenyekana niba iyi mibare mishya ikomatanye n'abamaze kubarurwa no muri Nepal.

    Abakora ubutabazi bakomeje gushakisha abarokotse ndetse aba bakora ubutabazi bavuga ko bahangayitse cyane, nyuma y’amakuru avuga ko undi mwuzure ushobora kongera kwibasira aka gace kasenywe n’umwuzure wa mbere, nkuko umwe mu bategetsi b'umuryango utabara imbabare wa Croix-Rouge yabibwiye BBC.

    Ikiyaga cy’amazi arimo kwiyongera cyavutse hafi y’umupaka uhuza Ubushinwa na Nepal. Hari impungenge ko amazi ashobora kurenga inkombe z’icyo kiyaga, agatera undi mwuzure, nkuko bivugwa n’umunyamakuru wa BBC Laura Bicker ukorera i Beijing.

    Abategetsi bo muri ako gace babwiye BBC ko ihirima ry’urubura runini (cyangwa ‘glacier’) ari ryo ryateje uwo mwuzure ukaze w’igihe gito.

    Amazi menshi yatewe n’uko guhirima (gusenyuka) yanyuze mu ngo no mu mihanda, asenya byinshi ndetse anangiza inzira y’ingenzi ihuza Nepal na Tibet.

    Buri mwaka, aka gace gasanzwe gasurwa na ba mukerarugendo babarirwa mu bihumbi za mirongo.

    Izindi nkuru wasoma:

  6. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo mu buryo bw'aka kanya.