Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.

Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa

Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke

IKIBIRIRAHO, Umukozi ukora ubutabazi muri Nepal avuga hakiri icyizere cyo kubona abarokotse mu gihe umwuzure w'igihe gito wishe abarenga 500

Abategetsi bavuga ko umubare w’abamaze gupfa muri Nepal umaze kugera kuri 547, nyuma y’umwuzure ukaze w’igihe gito (flash flood) wabaye ku wa gatatu.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana, Dinah Gahamanyi na Latifa Mutesi

  1. Imyigaragambyo muri Kenya: Abacuruzi mu mujyi wa Nairobi barigaragambya bamagana izamuka ry'umusoro

    Abacuruzi amagana bo mu murwa mukuru wa Kenya, Nairobi, bafunze amaduka yabo kandi bigaragambya bamagana izamuka ry’imisoro n’amahoro ku bicuruzwa byinjizwa mu mahanga.

    Imyigaragambyo yabaye ku wa gatanu mu mujyi rwagati, aho abacuruzi bateraniye hamwe berekeza ku biro by’Ikigo cy’Imisoro cya Kenya (KRA) kugira ngo bagaragaze akababaro kabo ku bijyanye n’ingamba nshya zo gusora.

    Nk’uko Reuters n’itangazamakuru ryo muri Kenya ribibivuga, polisi yakoresheje imyuka iryana mu maso kugira ngo itatanye abigaragambya mu gihe imyigaragambyo yakomeje kwiyongera.

    Iyi myigaragambyo ije ikurikira icyemezo cya KRA cyo kongera amafaranga ya kontineri y’ibicuruzwa bivanze ya metero 40 kuva kuri miliyoni 2.5 z’amashilingi ya Kenya (hafi $19.300) kugera kuri miliyoni 3.2 z’amashilingi ya Kenya (amadolari 24.700).

    Igiciro gishya, cyatangiye gushyirwa mu bikorwa ku ya 20 Kanama 2026, cyongereye ikiguzi ku mashilingi ya Kenya 700.000 (amadolari 5.400) kuri buri konteneri.

    Iyi gahunda yateje impungenge abacuruzi bato, bakunze gutumiza ibicuruzwa byinshi mu ma konteyineri ahuriweho n'abandi bacuruzi kugira ngo bagabanye ikiguzi. Benshi muri bo batumiza ibicuruzwa bivuye mu Bushinwa.

    Abacuruzi bavuga ko iri zamuka rizongera ikiguzi cyo gutumiza no kohereza ibicuruzwa ku cyambu, ibi bikaba bishobora kugira ingaruka ku bucuruzi bwabo ndetse no ku biciro by'ibicuruzwa ku baguzi.

    Umwe mu bacuruzi bitabiriye imyigaragambyo, Muturi Kariuki, yavuze ko igikorwa cyabo kigamije kurengera uburenganzira bwo gukora ubucuruzi.

    Kariuki yabwiye Reuters ati: “Turi kurengera ubwenegihugu bwacu, uburenganzira bwacu bwo gukora ubucuruzi n’uburenganzira bwacu bwo kubaka ahazaza hacu.”

    Ubucuruzi bwinshi mu mujyi wa Nairobi bwafunzwe mu gihe cy'imyigaragambyo, ubwo abacuruzi bagaragazaga ubufatanye mu kurwanya icyo bitaga umutwaro uremereye w'imisoro.

    Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yerekanaga amatsinda y'abigaragambya bagenda mu mihanda y'umujyi bavuza amafirimbi na vuvuzela.

    Aba bacuruzi baburiye ko bazakomeza kwigaragambya buri wa gatanu kugeza igihe inzego zibishinzwe zemeye gutangiza ibiganiro ku bibazo byabo.

  2. Uganda: Umwami gakondo wa mbere muto cyane ku isi wari uri ku ngoma yapfuye ku myaka 34

    Umutegetsi gakondo wo muri Uganda watangajwe nk'umwami wa mbere muto cyane ku isi yapfuye afite imyaka 34, nkuko minisitiri w'intebe we yabitangaje.

    Oyo Nyimba Kabamba Iguru Rukidi IV yabaye umwami wa Tooro mu burengerazuba bwa Uganda ubwo yari afite imyaka itatu mu mwaka wa 1995, nyuma y'urupfu rwa se.

    Inkuru irambuye hano

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Umukozi ukora ubutabazi muri Nepal avuga hakiri icyizere cyo kubona abarokotse mu gihe umwuzure w'igihe gito wishe abarenga 500

    Abategetsi bavuga ko umubare w’abamaze gupfa muri Nepal umaze kugera kuri 547, nyuma y’umwuzure ukaze w’igihe gito (flash flood) wabaye ku wa gatatu, wibasiye agace kegereye umupaka ko mu misozi miremire ya Himalaya.

    Umukozi ukora ubutabazi muri Nepal yabwiye BBC ko uko ibintu bimeze muri Nepal ari "akajagari" ariko avuga ko hakiri icyizere ko bamwe mu bakomeje kuburirwa irengero "bashobora kuboneka ari bazima".

    Abategetsi bo muri Nepal bavuga ko abanyamahanga barenga 100 batabawe. Mbere yaho, abo bategetsi bari bavuze ko abarenga 500 baburiwe irengero.

    Muri Tibet, abantu batanu bamaze gupfa, mu gihe abarenga 558 baburiwe irengero. Ntabwo biramenyekana niba iyi mibare mishya ikomatanye n'abamaze kubarurwa no muri Nepal.

    Hagati aho, ibitangazamakuru byo mu Bushinwa byatagaje ko abategetsi baho basubukuye ibikorwa byo gushakisha no gutabara hafi y’umupaka wa Nepal na Tibet. Mbere byari byahagaritswe kubera ubwoba ko amazi y'ikiyaga gishya cyabayeho kubera amazi yiyongereye, yashoboraga kurenga inkombe agatera undi mwuzure.

    Abategetsi babwiye BBC ko ihirima ry’urubura runini (cyangwa ‘glacier’) ari ryo ryateje uwo mwuzure ukaze w’igihe gito.

    Amazi menshi yatewe n’uko guhirima (gusenyuka) yanyuze mu ngo no mu mihanda, asenya byinshi ndetse anangiza inzira y’ingenzi ihuza Nepal na Tibet.

    Izindi nkuru wasoma:

  4. Trump yashyize umukono ku iteka rihindura izina ry'ikiyaga cya Ontario kikitwa ikiyaga cy'Amerika

    Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump, yashyize umukono ku iteka rya Perezida rigamije guhindura izina ry’ikiyaga cya Ontario (cyangwa 'Lake Ontario') kikitwa ikiyaga cy'Amerika (cyangwa 'Lake America').

    Iki cyemezo gifashwe nyuma yuko ibiganiro by’ubucuruzi hagati y'Amerika na Canada bihagaze mu cyumweru gishize, nuko Amerika igashyiraho imisoro mishya ya 50% ku bicuruzwa bya Canada byinjira muri Amerika bifite agaciro ka miliyari 20 z’amadolari y’Amerika (ni ukuvuga tiriyari hafi 29 FRW).

    Canada na yo yavuze ko guhera mu kwezi gutaha izihorera ishyiraho imisoro ingana n'iyo Amerika yashyize ku bicuruzwa byayo.

    Ku wa kane, Trump yavuze ko iki cyemezo “gitangiye gukurikizwa aka kanya” kandi ko ubutegetsi bwe “bwatanze impapuro zose zikenewe” kugira ngo izina ry’iki kiyaga rihindurwe.

    Mu gusubiza, Minisitri w'intebe wa Canada yavuze ko "ibintu bigomba kwitwa mu izina ryabyo, kandi iki kiyaga cyitwa Ikiyaga cya Ontario – uyu munsi n'iteka ryose".

    Ikiyaga cya Ontario, cya mbere gito cyane mu biyaga bigari byo muri Amerika ya Ruguru, gihana imbibi n'intara ya Ontario ya Canada hamwe na leta ya New York yo muri Amerika.

    Trump yakomeje gutangaza ku mbuga nkoranyambaga ubutumwa bwo gukangisha ko ashobora guhindura izina ry’iki kiyaga, mu gihe amakimbirane y’ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi akomeje.

    Inyandiko y'iryo teka Trump yashyizeho umukono ivuga ko minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu y'Amerika ifite igihe kitarenze iminsi 30 kugira ngo ibe yamaze guhindura izina ry’iki kiyaga mu bubiko bwemewe bw’amazina y’ahantu muri Amerika (buzwi nka 'Geographic Names Information Service').

    Carney yavuze ko izina 'Lake Ontario' rimaze imyaka irenga 400 rikoreshwa, ndetse ko ryari risanzweho mbere yuko Canada iba igihugu cyunze ubumwe ndetse na mbere yuko Amerika itangaza ubwigenge bwayo.

    Yanditse ku mbuga nkoranyambaga ati: “Tuzi ko Leta Zunze Ubumwe [z’Amerika] zirimo guhinduka. Umubano wayo mu bucuruzi, politike yayo y’ububanyi n’amahanga, inzibutso zayo z’igihugu [n’], amazina y’ahantu haba amazi magari [harimo n’ibiyaga].

    “Abagore n’abagabo bo muri Canada na bo bazi ko ibintu bigomba kwitwa izina ryabyo, kandi iki kiyaga cyitwa Lake Ontario – uyu munsi n’iteka ryose.”

    Igihe Trump yasubiraga ku butegetsi mu mwaka wa 2025, yari yashyize umukono ku rindi teka risa n’iri, rihindura izina ry’ikigobe cya Mexico ('Gulf of Mexico') rikaba ikigobe cy’Amerika ('Gulf of America').

    Mexico yanze kwemera iryo hindurwa ry’izina, ivuga ko igihugu kimwe kidashobora guhindura izina ry’ahantu hari amazi magari ahuriweho n'ibihugu.

    Izindi nkuru wasoma:

  5. RD Congo: Perezida Tshisekedi yatangaje ibiganiro 'bidaheza' ariko akumira imitwe yitwaje intwaro

    Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) Félix Tshisekedi yatangaje ko hagiye guterana ibiganiro bidaheza byo ku rwego rw'igihugu bigamije guteza imbere amahoro, ubumwe n'ubwiyunge mu gihugu.

    Mu ijambo ryanyuze kuri televiziyo yagejeje ku baturage ku mugoroba wo ku wa kane, Perezida Tshisekedi yavuze ko ibyo biganiro bizaha Abanye-Congo umwanya wo kuganira no gushakira hamwe ibisubizo ku bibazo bitandukanye igihugu gihanganye na byo, birimo umutekano mucye, intege nke mu miyoborere, itangwa rya serivisi za leta ndetse n'ubusumbane mu baturage.

    Inkuru irambuye hano

    Izindi nkuru wasoma:

  6. Ratko Mladić, Umu-Serbe wo muri Bosnia wari warahamwe n'ibyaha bya jenoside, yapfuye ku myaka 84

    Ratko Mladić, Umu-Serbe wo muri Bosnia wari warahamwe n'ibyaha byo mu ntambara, yapfiriye muri gereza y'Umuryango w'Abibumbye (ONU) iri i La Haye (The Hague) mu Buholandi, afite imyaka 84.

    Mu mwaka wa 2017 yakatiwe gufungwa burundu, nyuma yo guhamwa n'ibyaha bya jenoside, ibyaha byo mu ntambara n'ibyaha byibasiye inyokomuntu mu gihe cy'intambara yabaye mu yahoze ari Yugoslavia kuva mu mwaka wa 1992 kugeza mu 1995.

    Inkuru irambuye hano

    Izindi nkuru wasoma:

  7. Abishwe n’umwuzure muri Nepal na Tibet bageze ku bantu nibura 469

    Abantu nibura 469 bamaze gupfa muri Nepal ndetse abandi babarirwa mu magana baracyaburiwe irengero, nyuma y’umwuzure ukaze w’igihe gito (flash flood) wabaye ku wa gatatu, mu gace k’imisozi miremire ya Himalaya kegereye umupaka.

    Muri Tibet, abantu batatu bamaze gupfa, mu gihe abarenga 550 baburiwe irengero. Ntabwo biramenyekana niba iyi mibare mishya ikomatanye n'abamaze kubarurwa no muri Nepal.

    Abakora ubutabazi bakomeje gushakisha abarokotse ndetse aba bakora ubutabazi bavuga ko bahangayitse cyane, nyuma y’amakuru avuga ko undi mwuzure ushobora kongera kwibasira aka gace kasenywe n’umwuzure wa mbere, nkuko umwe mu bategetsi b'umuryango utabara imbabare wa Croix-Rouge yabibwiye BBC.

    Ikiyaga cy’amazi arimo kwiyongera cyavutse hafi y’umupaka uhuza Ubushinwa na Nepal. Hari impungenge ko amazi ashobora kurenga inkombe z’icyo kiyaga, agatera undi mwuzure, nkuko bivugwa n’umunyamakuru wa BBC Laura Bicker ukorera i Beijing.

    Abategetsi bo muri ako gace babwiye BBC ko ihirima ry’urubura runini (cyangwa ‘glacier’) ari ryo ryateje uwo mwuzure ukaze w’igihe gito.

    Amazi menshi yatewe n’uko guhirima (gusenyuka) yanyuze mu ngo no mu mihanda, asenya byinshi ndetse anangiza inzira y’ingenzi ihuza Nepal na Tibet.

    Buri mwaka, aka gace gasanzwe gasurwa na ba mukerarugendo babarirwa mu bihumbi za mirongo.

    Izindi nkuru wasoma:

  8. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo mu buryo bw'aka kanya.