Trump yakangishije ‘kurimbura burundu’ ibikorwa by’ingufu bya Iran niba batumvikanye 'vuba'
Umutegetsi wa Iran yavuze ko Amerika irimo “kujuragira ku byemezo” byayo, kandi ko "nta biganiro bitaziguye" biri hagati yabo na Washington.
Incamake
- Butembo: Uyu munsi abakora taxi banze gukora nyuma y'uko umumotari yishwe
- Trump yakangishije 'kurimbura burundu' ibikorwa by'ingufu bya Iran niba batumvikanye 'vuba'
- Umuriro ku ruganda rw'ibitoro muri Israel nyuma ya misile za Iran
- Israel yemeje ingengo y'imari nini cyane mu mateka y'iki gihugu, igice kinini cyahawe igisirikare
- Iran yemeje urupfu rwa komanda w'ingabo zirwanira mu mazi za IRGC
- Kuva mu 1988, Trump yavugaga ku gufata ikirwa cya Kharg
- DR Congo: Abarenga 300 bashimuswe n'inyeshyamba za ADF mu minsi ibiri ishize
- Touadera ararahirira manda ya gatatu
- Trump aravuga kugera ku kumvikana mu gihe ingabo ze zisa n'izitegura igitero cyo ku butaka
- Ibisasu bikomeye muri iki gitondo hagati ya Iran na Israel
- "Ibiganza byuzuye amaraso" - Papa Leo yanenze abategetsi bashoza intambara
- Kuki Amerika ishaka gufata ikirwa cya Kharg?
- Trump yavuze ko Amerika ishobora gukura ibitoro muri Iran no gufata ikirwa cya Kharg
Amakuru y'ikibiriraho
Samba Cyuzuzo na Gisèle Berwa
Butembo: Uyu munsi abakora taxi bose banze gukora nyuma y’uko umumotari yishwe

Ahavuye isanamu, Social Media
Insiguro y'isanamu, Ibyabaye uyu munsi byakurikiye ibindi nka byo byakozwe ku wa gatandatu n'abatwara moto z'imitende itatu zizwi nka bajaj cyangwa Tuk-tuk binubiye gushimutwa kwa mugenzi wabo Kavira Kabuyaya Zawadi Imihanda myinshi mu mujyi wa Butembo mu ntara ya Kivu ya Ruguru nta binyabiziga byayigendaga kuri uyu wa mbere nyuma y’uko abakora taxi bumvikanye ko badakora mu kwamagana iyicwa rya mugenzi wabo.
Ibinyamakuru muri RD Congo bivuga ko Katembo Kavunga Joël yishwe arashwe n’abantu bitwaje intwaro mu gace kari hagati ya teritari ya Lubero n’umujyi wa Butembo kuwa gatanu ushize bakanatwara moto ye.
Amakuru avuga ko abamotari bashinze za bariyeri ku mihanda imwe n’imwe muri uyu mujyi ubusanzwe wa gatatu munini mu ntara ya Kivu ya Ruguru nyuma ya Goma na Beni, ngo bagenzure ko ingingo yabo y’uyu munsi yubahirizwa.
Icyemezo cy’aba bamotari n’abakora taxi cyahungabanyije ingendo z’abakozi uyu munsi muri uyu mujyi nk’uko ibinyamakuru byaho bibivuga.
Abakora taxi barasaba abategetsi muri uyu mujyi gukora iperereza no guhiga abishe mugenzi wabo Katembo Kavunga biteganyijwe ko ashyingurwa uyu munsi.
Butembo ni umujyi uri muri 300km mu majyaruguru ya Goma.
Ubugizi bwa nabi bwibasiye abakora taxi muri uyu mujyi bwarinubiwe muri iyi minsi.

Mu cyumweru gishize umugore witwa Kavira Kabuyaya Zawadi ukora taxi yashimuswe ari mu kazi, abamushimuse bavuga ko bazamurekura hatanzwe 50,000 by’amadorari ya Amerika.
Radio Elimu yo muri ako gace ivuga ko Zawadi ari umugore w’imyaka 29 ufite abana batatu, uzwi cyane muri uwo mujyi kubera umuhate we mu kazi ko gutwara taxi y’imitende itatu (tuk-tuk).
Mu mujyi wa Beni, mu majyaruguru ya Butembo mu cyumweru gishize naho habaye imyigaragambyo nk’iyi yo kumara umunsi wose abakora taxi badakoze barimo bamagana urupfu rwa mugenzi wabo wishwe muri ‘weekend’ yashize ari mu kazi.
Izindi nkuru wasoma:
Trump yakangishije ‘kurimbura burundu’ ibikorwa by’ingufu bya Iran niba batumvikanye 'vuba'

Ahavuye isanamu, Reuters
Perezida Donald Trump wa Amerika yavuze ko bari “mu biganiro bikomeye”n’ubutegetsi bushya bwa Iran kandi ko bashobora guhagarika ibitero bya Amerika muri Iran nibagera ku kumvikana.
Gusa yakangishije ko kumvikana nibitagerwaho vuba ‘kurimbura burundu’ ibikorwaremezo by'ingufu bya Iran mbere yo kuhava.
Mu butumwa yashyize ku rubuga rwe Truth Social, Donald Trump yanditse ati:
“Leta Zunze Ubumwe [za Amerika] ziri mu biganiro bikomeye n’UBUTEGETSI BUSHYA, KANDI BUSHYIRA MU GACIRO, kugira ngo ibikorwa byacu bya gisirikare muri Iran bihagarare.
“Habayeho intambwe ikomeye, ariko nta masezerano aragerwaho, nubwo bishoboka cyane ko azagerwaho, kandi niba Umuhora wa Hormuz udahita wongera gufungurwa ku bucuruzi, tuzarangiza ‘kuba kwacu’ muri Iran turimbura burundu ibikorwa byose by’amashanyarazi, amariba yose y'ibitoro n’ikirwa cya Kharg (ndetse bishoboka n’inganda zose zitunganya amazi y’inyanja ngo abe meza!), ibyo twahisemo kutakoraho kugeza ubu.
“Ibi bizaba ari ukwihimura ku basirikare bacu benshi n’abandi bantu Iran yishe mu gihe cy’imyaka 47 y’‘ubutegetsi bw’iterabwoba’.”

Ahavuye isanamu, Getty Images
Insiguro y'isanamu, Esmaeil Baghaei umuvugizi wa leta Minisiteri y'ububanyi n'amahanga ya Iran Kare uyu munsi, umuvugizi wa Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Iran yavuze ko ibyo Amerika irimo isaba ngo intambara irangire “bikabije kandi bitarimo inyurabwenge”.
Ibinyamakuru muri Iran byasubiyemo Esmaeil Baghaei ko Tehran “nta biganiro bitaziguye irimo na Amerika” kandi ko ibyabaye kugeza ubu ari “ubutumwa buciye mu bahuza ku byifuzo bya Amerika byo kuganira”.
Umwe mu bategetsi ba Iran yasubiwemo ashinja Amerika “kujuragira aho ihagaze”, Ati: “Sinzi ngo ni bangahe muri Amerika bagifata dipolomasi ya Amerika nk’abantu bazi ibyo barimo”.
Izindi nkuru wasoma:
Umuriro ku ruganda rw’ibitoro muri Israel nyuma ya misile za Iran

Ahavuye isanamu, Reuters
Inzego zishinzwe ubutabazi muri Israel zatangaje ko inzu y’uruganda hamwe n’ikigega cy’ibitoro byakubiswe n’ibisigazwa bya misile za Iran zarashwe mu mujyi wa Haifa kuri uyu wa mbere.
Byavuzwe nyuma y’uko itangazamakuru rya leta ya Iran rivuze ko misile z’iki gihugu zakubise agace k’inganda muri Israe.
Amashusho yatangajwe ku mbuga nkoranyambaga yerekanye umuriro mwinshi ku ruganda rutunganya ibitoro mu mujyi wa Haifa.
Mu itangazo, urwego rw’ubutabazi rwa Israel rwavuze ko nta bakomeretse cyangwa ngo bapfire muri icyo gitero.
Abazimya umuriro barwanaga no kubuza ko ukwirakwira henshi kurushaho bagerageza no gutabara abaheza ahari umuriro.
Ibitero bya Iran byo kwihimura kuri Israel bimaze kwica abantu barenga 20, nk’uko bivugwa n’ibiro bishinzwe ubutabazi muri icyo gihugu.
Israel yemeje ingengo y’imari nini cyane mu mateka y’iki gihugu, igice kinini cyahawe igisirikare

Ahavuye isanamu, Getty Images
Inteko ishingamategeko ya Israel yemeje ingengo y’imari ya miliyari 850 z’amashekel akoreshwa muri icyo gihugu angana na miliyari 271 z’amadorari ya Amerika mu itora aho abadepite 62 bayemeje 55 bakayanga.
Iyi ngendo y’imari niyo nini ibayeho mu mateka ya Israel, kandi igice cyayo kingana na miliyari 45$ cyagenewe igisirikare ni cyo kinini kigenewe ingabo mu mateka ya Israel, nk’uko ibinyamakuru byaho bibivuga,
Igisirikare cya Israel kiri mu ntambara na Iran, kandi mu gihe itora ryabaga mu nteko ishinga amategeko kuri uyu wa mbere abadepite bahagaritse icyo gikorwa huti huti bajya kwihisha ahatekanye kubera misile za Iran zari zirashwe kuri Israel.
Ingengo y'imari yagenerwaga ubuvuzi, uburezi n'ibikorwa byo gufasha yagabanutse ugereranyije n'ihabwa igisirikare yiyongere.
Bezalel Smotrich, Ministiri w’imari wa Israel yavuze ko ari “ingengo y’imari izita kuri buri wese ikanarwanya izamuka ry’igiciro cy’ubuzima”.
Naho Yair Lapid ukuriye abatavugarumwe n’ubutegetsi yavuze ko iyi ngengo y’imari ari “ubujura bukomeye kuruta ubundi mu mateka y’igihugu”.
Izindi nkuru wasoma:
Iran yemeje urupfu rwa komanda w’ingabo zirwanira mu mazi za IRGC

Ahavuye isanamu, Tasnim News Agency
Insiguro y'isanamu, Tangsiri yari umugaba w'ingabo zirwanira mu mazi za ICRG kuva mu 2018 Umutwe w’ingabo wa Iran Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC) wemeje ko komanda w’ishami rirwanira mu mazi ryawo Alireza Tangsiri yiciwe mu gitero. Ni nyuma y’iminsi ine Israel itangaje ko yamwishe.
Mu itangazo, IRGC yavuze ko Tangsiri yarashwe arimo “ashyira ingabo ku murongo kandi akomeza ubwirinzi bwo ku birwa no ku byambu”, ko yapfuye “azize ibikomere bikaze”.
Iryo tangazo rivuga ko “ingabo zirwanira mu mazi” za IRGC nubwo zidafite Tangsiri nka komanda wazo, mu minsi ishize “zakomeje ibitero bikomeye no kugenzura umuhora wa Hormuz”
IRGC ivuga ko “ntizaruhuka kugeza umwanzi arimbuwe burundu”.
Tangsiri, umwe mu ba komanda bakuru ba IRGC, vuba aha ni we wari ukuriye ibikorwa byo kugenzura amato aca mu muhora wa Hormuz.
Ku rubuga rwa X, yaherukaga gutangaza ko “nta bwato bufitanye isano n’abateye Iran bugomba gutambuka”.
Yari umukomanda ukunda kuvuga mu ruhame, kandi mbere yagiye kenshi avuga yamagana Amerika na Israel.
Yari yarafatiwe ibihano na Amerika kuva mu 2019 ubwo Iran yarasaga ‘drone’ y’ubutasi hafi y’uriya muhora wa Hormuz.
Izindi nkuru wasoma:
Kuva mu 1988, Trump yavugaga ku gufata ikirwa cya Kharg

Insiguro y'isanamu, Ikirwa cya Kharg cya Iran Kuva cyera ataraba Perezida wa Amerika, Donald Trump yakomeje kugira ikirwa Kharg cya Iran mu mboni ze.
Nk’uko yabibwiye Financial Times, ubu arimo kureba niba yafata iki kirwa cya kilometero-kare 20 gusa ariko cy’ingenzi cyane ku bukungu bwa Iran.
Ibi ni bimwe mu byo yatangaje mu gihe gishize:
- 1988: Mu kiganiro na The Guardian, Trump yagize yagize ati: “Nakora akantu ku kirwa Kharg. Nagenda nkagifata. Iran ntiyananesha Iraq, ariko irimo kuzutagiza Leta Zunze Ubumwe.Byaba ari byiza isi ibafatiye ingamba”
- 13 Werurwe(3), 2026: Mu kiganiro kuri radio ya Fox News, Trump yabajijwe kuri biriya yavuze mu 1988. Yasubije ko gufata Kharg bitari “hejuru ku rutonde” rwe. Ariko yongeraho ko ashobora guhindura ibitekerezo “mu masegonda”
- Kuri uwo munsi nanone: Trump yanditse ku rubuga rwe Truth Social ko yategetse ibitero ku bikorwa bya gisirikare “ku ishema rya Iran, ikirwa cya Kharg”. Yavuze ko “Nahisemo kudasenya burundu ibikorwaremezo by’ibitoro kuri icyo kirwa” gusa ko yabikorwa Iran niyivanga mu muhora wa Hormuz
- 30 Werurwe: Mu kiganiro na Financial Times uyu munsi, Trump yavuze ko Amerika “ifite amahitamo menshi” ku bigendanye n’iki kirwa. Ati: “Wenda turafata ikirwa Kharg, cyangwa ntitubikore. Byaba bivuze ko tugomba kuba turiyo [kuri icyo kirwa] igihe gito”
DR Congo: Abarenga 300 bashimuswe n’inyeshyamba za ADF mu minsi ibiri ishize

Ahavuye isanamu, AFP
Insiguro y'isanamu, Intara ya Ituri mu burasirazuba bwa DR Congo imaze imyaka yibasiwe n'inyeshyamba za ADF Mu gihe cy'iminsi ibiri abasivili barenga 300 bafashwe bugwate n’inyeshyamba za ADF (Forces démocratiques alliées) mu gace ka Irumu, ku muhanda wa Mambasa-Komanda, mu ntara ya Ituri mu burasirazuba bwa RD Congo, ibyongeye kugaragaza umuvuduko mushya w’urugomo muri iyo ntara.
Ibyo bitero byatangiye ku wa Gatandatu ushize mu mudugudu wa Babungwe, aho abasivili bagera ku 100, benshi muri bo ari abahinzi, bashimuswe, bukeye bwaho, ku Cyumweru mu gitondo, abagabye igitero bateye umudugudu wa Lomalisa, barasa amasasu mbere yo gufata bugwate abandi basivili barenga 200, nk'uko bivugwa na Radio Okapi.
Nyuma yaho, izo nyeshyamba zakomereje ibikorwa byazo by’urugomo mu duce twa Mabukulu na Masoli.
Isesengura ry’umutekano muri ako karere rigaragaza ishusho mbi cyane. John Vuleverio, umwe mu baharanira uburenganzira bwa muntu, yavuze umubare uteye impungenge: abasivili 388 baba bari mu maboko y’inyeshyamba.
Asubirwani na Okapi agira ati: “Uku gushimuta kongeye gushyira abaturage mu kaga k’ihohoterwa rikomeye. Kurinda abasivile ni inshingano y’ibanze ya Leta.”
Yanagaragaje impungenge ko benshi muri abo bashimuswe bashobora kuba baramaze kwicirwa mu ishyamba.
Uku kwiyongera kw’urugomo kwongeye kwerekana ko umutekano ukomeje kuba muke muri iki gice cy’uburasirazuba bwa RDC, aho abaturage ari bo bakomeza kuba abahohoterwa mbere na mbere, nk’uko sosiyete civile ibivuga.
Abategetsi b’akarere batangaje ko mu masaha ari imbere aribwo baza kugira icyo bavuga kuri iki kibazo.
izindi nkuru wasoma:
Touadera ararahirira manda ya gatatu

Ahavuye isanamu, Kremlin
Insiguro y'isanamu, Faustin Archange Touadera Perezida Faustin-Archange Touadéra uyu munsi ararahirira gutegeka Centrafrique kuri manda ya gatatu nyuma yo gutsinda amatora mu mpera z’Ukuboza(12) umwaka ushize.
Touadera, uri ku butegetsi kuva mu 2016, mu mwaka wa 2023 yabashije guhindura Itegeko Nshinga ryabuzaga perezida kurenza manda ebyiri kandi akura manda ya perezida ku myaka itanu ayigira irindwi.
Abategetsi bo mu bihugu bya Afurika yo hagati bitezwe muri uyu muhango, muri bo harimo na Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi nkuko bivugwa na RFI.
Byitezwe ko Touadera azakomeza gushyira imbaraga mu mubano n’Uburusiya, igihugu gifite abarwanyi bo mu mutwe wa Wagner Group bagira uruhare mu gucunga umutekano wa Centrafrique.
Touadera afitanye kandi umubano n’u Rwanda na rwo – ku bwumvikane n’ibihugu byombi – rwoherejeyo ingabo kurinda ubutegetsi bwe.
Mbere yo gutsinda amatora yizeje ko azubaka igihugu cy’amahoro arambye kandi agateza imbere ubukungu n’ibikorwa remezo, akarwanya ruswa, akanateza imbere serivisi.
Gusa iki gihugu kiracyugarijwe n’ibibazo by’ibiciro biri hejuru, ubukene n’impungenge z’umutekano mucye zimaze imyaka myinshi.
Izindi nkuru wasoma:
Trump aravuga kugera ku kumvikana mu gihe ingabo ze zisa n'izitegura igitero cyo ku butaka,

Ahavuye isanamu, EPA
Ibirimo kuvugwa na Perezida Donald Trump ko Iran iri hafi kwemera ibyo asaba byaje bihurirana n'amakuru atangwa n’abategetsi ba Amerika batavuzwe amazina, agaragaza ko ingabo ziteguye gukora ibitero byo ku butaka muri Iran.
Ubu abasirikare b’ingabo za Amerika bari muri ako karere ni ibihumbi, harimo n’abasirikare b’inzobere n’abasimbuka mu ndege z'intambara (paratroopers) bari mu nzira.
Ubutegetsi buratangaza ko Trump arimo gutekereza ku bikorwa byose, kuva ku gitero cyo gufata ikirwa cya Kharg cya Iran, kugera ku gikorwa cyo kwigarurira ububiko bwa Uranium itunganyije ya Iran, iryo Trump yita “ivumbi kirimbuzi rya Iran.”
Mu byo yavugiye mu ndege ya Air Force One mu ijoro ryacyeye, Trump yavuze ko Iran yari yiteguye gutanga iyo Uranium bitaba ibyo ntizongere kuba igihugu.
Perezida w’inteko ishinga amategeko ya Iran, Mohamed Bagher Ghalibaf, yavuze ko Trump yifashisha ibiganiro byo gushaka amahoro nko kurangaza ngo ategure igitero cyo ku butaka.
Ghalibaf yavuze ko Iran itazemera gutanga intwaro kandi ingabo zayo zitegereje ziteguye ibitero byo ku butaka by'ingabo za Amerika yongeraho ko bazazishyira mu muriro.
Amerika na Israel byateye bitunguye Iran mu gihe impande zombi zari zimaze iminsi mu biganiro ndetse byavugwa ko hari icyizere ko bigiye kugera ku kumvikana.
Izindi nkuru wasoma:
Ibisasu bikomeye muri iki gitondo hagati ya Iran na Israel

Ahavuye isanamu, Reuters
Insiguro y'isanamu, Hagati aho Israel yakomeje ibitero no muri Liban Igisirikare cya Israel cyatangaje ko cyagabye ibitero bishyashya muri Iran mu rukerera rwo kuri uyu wa mbere.
Nyuma gato yo gutangaza ibyo bitero kuri Tehran, izo ngabo zahise zitangaza ko Iran na yo yarashe za misile kuri Israel ko ubwirinzi bwabo bwo mu kirere burimo guhangana na zo.
Mu itangazo kuri Telegram, igisirikare cya Israel Defence Force (IDF) cyashyize kuri Telegram, cyanditse ngo:
“IDF ubu irimo kurasa ku bikorwa-remezo by’ubutegetsi bw’iterabwoba bwa Iran ahatandukanye muri Tehran”.
Nyuma gato IDF yahise itanga itangazo riburira rubanda muri Israel kujya mu bwihisho kubera misile za Iran.
IDF yasabye abaturage “kwinjira ahantu hatekanye” kugeza bahawe andi mabwiriza.
Ibitero bya Iran byashegeshe amajyepfo ya Israel aho umuriro mwinshi wabonetse ku gice cy’inganda kizwi nka Neot Hovaz.
Izindi nkuru wasoma:
“Ibiganza byuzuye amaraso” - Papa Leo yanenze abategetsi bashoza intambara

Ahavuye isanamu, Getty Images
Insiguro y'isanamu, Papa Leo mu misa ya Mashami kuri iki cyumweru gishize Mu gihe amakimbirane yo mu Burasirazuba bwo Hagati akomeje, umukuru wa Kiliziya Gatolika ku isi Papa Leo wa XIV yanenze abategetsi bashoza intambara ku isi ubwo yavugiraga mu misa y'umunsi mukuru wa mashami wa Kiliziya ku cyumweru.
Papa Leo yavuze ko Imana yanga amasengesho y’abategetsi bashoza intambara kandi bafite “ibiganza byuzuye amaraso”.
Ni amagambo yasobanuwe nko kunenga intambara ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel bateyemo Iran.
Yagize ati: “Uyu ni we Mana yacu: Yezu, umwami w’amahoro, wanga intambara, kandi nta muntu wamwitwaza mu guha impamvu intambara.
Yongeraho agira ati: “Ntabwo [Yezu] yumva amasengesho y’abashoza intambara, ahubwo arayanga.”
Asubiramo amagambo yo muri Bibiliya, agira ati: “‘Nubwo mwavuga amasengesho menshi, sinzayumva: ibiganza byanyu byuzuye amaraso.’”
Papa Leo ni umunyamerika utarahwemye kugaragaza ko adashyigikiye politike za Trump kuva ku ngingo ze ku kibazo cy'abimukira kugeza no kuri iyi ntambara.
Izindi nkuru wasoma:
Kuki Amerika ishaka gufata ikirwa cya Kharg?

Nkuko tumaze kubivuga, Trump yatangaje ko Amerika ishobora gufata ikirwa cya Kharg, ikirwa gito kiri ku mwaro wo mu majyepfo ya Iran.
Amerika ihanze amaso iki kirwa kuko ni cyo huriro ry'ibitoro byinshi cyane Iran igurisha - ni igice cy'ingenzi cyane ku bukungu bwayo.
Gufata iki kirwa - ubusanzwe cy’ubuso bwa kilometero-kare 20 gusa, - ntabwo byahagarika gusa Iran kohereza ibitoro hanze ahubwo byanaha inzira ibitero by’ingabo zikinjira ku butaka.
Gufata iki kirwa byaba ari uguhagarika ahantu h’ingenzi leta ya Kislam ya Iran n’umutwe w’ingabo wa Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC) bakura ubushobozi bw’imari.
Ibyo byagira ingaruka ku buryo iki gihugu kibasha kurwana iyi ntambara nk’uko bivugwa n’umusesenguzi Mikey Kay, wo mu ishami Security Brief cya BBC.
Igitero cyose cya Amerika cyo gufata iki kirwa cyaba ari igitero urebye gito ariko kigoranye, nk’uko inzobere mu by’intambara ikora ikiganiro cya podcast School of War yabibwiye BBC.
Trump yavuze ko Amerika ishobora gukura ibitoro muri Iran no gufata ikirwa cya Kharg

Ahavuye isanamu, Getty Images
Donald Trump yabwiye Financial Times ko ashobora “gufata ibitoro muri Iran” byanashoboka agafata agace k’ingenzi cyane ku bitoro by’iki gihugu, ikirwa cya Kharg.
Yagize ati: “Mbabwije ukuri, ikintu nifuza cyane ni ugufata ibitoro muri Iran ariko abantu b’ibicucu muri Amerika baravuga ngo: ‘Kuki urimo gukora ibyo?’ ariko ni abantu b’ibicucu.
Perezida Trump yavuze ko ibyo bisobanuye gufaga ikirwa cya Kharg.
Ati: “Wenda tugafata ikirwa Kharg, cyangwa ntitugifate. Dufite amahitamo menshi. Bisobanuye ko byaba ari ngombwa ko tuba turiyo [ku kirwa cya Kharg] mu gihe gito”.
Twamubajije ku bwirinzi bwa Iran kuri icyo kirwa, ati: “Sinibaza ko hari ubwirinzi bafite. Twagifata byoroshye cyane”.
Trump avuze ibi nyuma y’uko abasirikare 3,500 ba Amerika bageze mu Burasirazuba bwo hagati mu gihe ubwoba burimo kwiyongera ibitero bya Amerika kuri Iran byakwiyongera.
Trump yongeheyeho ko ibiganiro biziguye [indirect] hagati ya Amerika na Iran biciye “ku ntumwa” za Pakistan birimo kugenda neza, ariko yanze kuvuga niba bashobora kugera ku gahenge vuba.
Gusa yagize ati: “Ukumvikana gushobora kugerwaho vuba ugereranyije”.
Izindi nkuru wasoma:
Kaze kuri BBC Gahuzamiryango. Aha tubashikiriza amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'ikibiriraho
