Uganda yasezereye umurwayi wa nyuma wa Ebola nyuma yuko akize

Ahavuye isanamu, Getty Images
Umurwayi wa nyuma wa Ebola muri Uganda yasezerewe ava mu bitaro nyuma yuko akize neza aho yari arwariye mu gice cy’aho abarwayi bashyirirwa mu kato cy’ibitaro bikuru by’igihugu bya Mulago biri i Kampala.
Minisitiri w’ubuzima Dr Chris Baryomunsi yahaye uwo mugabo icyemezo cyuko yakize Ebola, asobanura uko gukira nk’intambwe ikomeye mu bikorwa bya Uganda byo guhagarika iki kiza.
Yagize ati: “Ibi byemeje ko guhera muri Nyakanga [7] mu 2026, uwarokotse nta byago ateje byo kwanduza abandi bantu nyuma yuko ibipimo bigaragaje ko nta ndwara ya virusi ya Ebola arwaye.”
Minisitiri Baryomunsi yavuze ko ubuzima bw’uwo warokotse Ebola nta byago bugiteje ku baturage ndetse ko ashobora gusubira mu rugo nta nkomyi, agasubira ku murimo, ndetse agakomeza ibikorwa bye bya buri munsi.
Kuva iki kiza gitangajwe muri Gicurasi (5), Uganda yongereye ibikorwa byo kwirinda Ebola, birimo kugabanya urujya n’uruza rwambukiranya umupaka ihana na Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) – aho icyo kiza cyatangiriye ndetse cyiganje – ishyiraho n'ingamba yuko abagenzi bavuye muri DRC bagomba gushyirwa mu kato, ndetse ikora ibikorwa byinshi by’ubukangurambaga ku kwirinda Ebola.
Uganda yemeje ko abantu 20 bose hamwe ari bo banduye Ebola, barimo babiri bapfuye hamwe n’abandi 18 bakize. Minisiteri y’ubuzima ya Uganda ivuga ko abantu 15 mu bemejwe ko banduye Ebola bari bayikuye muri DRC.
Alan Kasujja, ukuriye ikigo cya leta ya Uganda cyo gutangaza amakuru, yatangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa X ati: “Iminsi 42 nishira nya wundi murwayi ugaragaye, amabwiriza ya WHO [OMS] avuga ko tuzatangazwa ko nta Ebola iturangwamo.”
Izindi nkuru wasoma:








