IKIBIRIRAHO, Amerika ishimangira ko Umuhora wa Hormuz ufunguye mu gihe yarasanye na Iran

Mbere, ingabo za Iran zari zavuze ko uwo muhora ufunze ndetse zigaba ibitero byinshi ku nshuti z'Amerika no ku bigo bya gisirikare by'Amerika biri muri ako karere.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana

  1. Thailand: Abantu nibura 27 bapfuye abandi 22 barakomereka cyane mu muriro wadutse mu kabari i Bangkok

    Abagore babiri bahagaze, mu maso habo haboneshwa n'amatara y'abakora ubutabazi bwihuse, umwe muri abo bagore yambaye agapfukamunwa, mu gihe undi yashyize igitambaro cy'umweru mu maso agifatishije ikiganza ku munwa no ku zuru

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Umuriro mwinshi cyane wadutse mu kabari ko mu murwa mukuru Bangkok wa Thailand ku cyumweru, wica abantu nibura 27 naho abandi 22 barakomereka cyane.

    Uwo muriro watangiriye imbere ahigiye hejuru muri ako kabari ko mu karere ka Chatuchak, nuko urakwirakwira mu buryo bwihuse, utuma umuriro w’amashanyarazi ubura ndetse icyo cyumba cyuzuramo umwotsi, nkuko abibonye babivuga.

    Amashusho yatangajwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza abakiliya bahiye ubwoba barimo gutaka ubwo bari barimo guhunga – imyenda ya bamwe muri bo irimo gushya – banyuze mu muryango w’imbere wari urimo gushya w’ako kabari kitwa Rong Beer Na Lat Phrao.

    Abazimya umuriro, bageze aho hantu nyuma gato ya saa sita z’ijoro ku isaha yaho, bahise bazimya uwo muriro. Basanze imirambo ya benshi mu bapfuye iri mu bwiherero, uko bigaragara abapfuye bakaba ari ho bari bagiye kwihisha.

    Ifoto yakuwe muri videwo igaragaza umuriro mwinshi

    Ahavuye isanamu, Fire & Rescue Thailand

    Amaperereza y’ibanze yakozwe n’urwego rw’umujyi wa Bangkok rwo guhangana n’ibiza yumvikanisha ko uwo muriro ushobora kuba watewe n’ikibazo cyavutse mu nsinga z’amashanyarazi (ibizwi nka ‘short circuit’) zo mu cyuma gikonjesha mu nzu, nubwo nta mpamvu yateje uwo muriro yari yatangazwa n’abategetsi.

    Abategetsi basezeranyije ko hazakorwa iperereza ryimbitse.

    Ubu si ubwa mbere ibi bibaye muri Thailand.

    Nubwo abategetsi bagiye basezeranya kunoza ingamba z’umutekano zijyanye n’umuriro w’amashanyarazi nyuma y’ibibazo nk’ibyo byabaye mbere yaho, akenshi ubwo buryo bw’ingamba z’umutekano ntibushyirwa mu ngiro neza.

    Izindi nkuru wasoma:

    Ameza n'intebe byuzuyeho ivu. Mu cyumba haraboneka ko hangijwe cyane n'umuriro.

    Ahavuye isanamu, APTN

    Ifoto igaragaza inkweto zatawe hanze y'akabari hamwe n'intebe zaguye, nyuma y'umuriro mu kabari i Bangkok, muri Thailand.

    Ahavuye isanamu, BBC/Lulu Luo

  2. Ikipe ya karate y'u Burundi yegukanye umwanya wa gatatu mu irushanwa ry'Afurika yo hagati

    Abakinnyi b'ikipe y'igihugu ya karate y'u Burundi bahagaze inyuma hejuru y'abandi bagabo biganjemo abambaye amakositimu na karuvati. Abakinnyi b'u Burundi bambaye imidali mu ijosi ndetse bambaye amajaketi ariho ibendera rito ry'u Burundi

    Ahavuye isanamu, RTNB / X

    Insiguro y'isanamu, Ibihugu icyenda ni byo byari byitezwe muri iri rushanwa ariko bitandatu ni byo byaryitabiriye

    Ikipe y’igihugu y’u Burundi y’abakobwa n’abahungu y’umukino wa karate yaraye yegukanye umwanya wa gatatu mu irushanwa ryo ku rwego rw’Afurika yo hagati ryabereye i Bujumbura mu mpera y’icyumweru gishize.

    Radio-Televiziyo y’u Burundi (RTNB) yatangaje ko ikipe ya karate y’icyo gihugu yegukanye imidali 49, irimo irindwi ya zahabu, 34 ya feza n’imidali umunani y’umuringa.

    Ni yo midali ya mbere myinshi u Burundi butsindiye mu irushanwa ryo kuri uru rwego, nkuko RTNB yabitangaje, isubiramo amagambo y’umutoza w’ikipe y’igihugu Gilbert Havugimpundu.

    Umwanya wa mbere wegukanywe n’ikipe y’igihugu ya Cameroun, yarangije irushanwa itsindiye imidali 28 ya zahabu, irindwi ya feza n’ibiri y’umuringa.

    Ikipe y’igihugu ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yabaye iya kabiri, ikurikirwa n’u Burundi, Gabon iba iya kane, Guinée équatoriale iba iya gatanu naho Tchad iba iya gatandatu.

    Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino wa karate mu Burundi (FEBUKA) Sylvain Nzikoruriho yavuze ko ibihugu icyenda ari byo byari byitezwe kwitabira iryo rushanwa ariko birangira bitandatu ari byo biryitabiriye. Bitatu bitabonetse ni São Tomé-et-Principe, Repubulika ya Centrafrique na Congo-Brazzaville.

    Nzikoruriho yavuze ko iri rushanwa ryabereye abakarateka bo mu Burundi umwanya wo kumenya aho bagicyeneye kunoza mu kwitegura amarushanwa mpuzamahanga ari imbere.

    Yasabye leta gufasha FEBUKA kubona inzobere mpuzamahanga zo muri uwo mukino kugira ngo zibafashe ikipe y'igihugu mu myiteguro.

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Afurika y'Epfo ivuga ko abanyamahanga barenga 53,000 birukanwe mu gikorwa cy''imicungire y'abimukira'

    Abigaragambya barimo kugenda, umugabo uri imbere atunze inkoni muri ‘camera’

    Ahavuye isanamu, EMMANUEL CROSET / AFP via Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Imyigaragambyo yabaye henshi muri Afurika y'Epfo mu gihe abigaragambya babarirwa mu bihumbi basabye ko abimukira bose badafite ibyangombwa byemewe bava muri icyo gihugu

    Leta y’Afurika y’Epfo ivuga ko abanyamahanga barenga 53,000 birukanwe cyangwa bacyurwa iwabo kuva itangije igikorwa cy'"imicungire y’abimukira" mu byumweru bitanu bishize.

    Abategetsi bavuga ko benshi muri abo ari abakomoka muri Malawi, Zimbabwe na Mozambique, ndetse uwo mubare ushobora kwiyongera kuko ibikorwa byo kwirukana no gucyura abanyamahanga bikomeje.

    Afurika y’Epfo irimo gukora kimwe mu bikorwa binini cyane byo guhashya abimukira badafite ibyangombwa byemewe cya mbere kibayeho muri iyi myaka ishize, nyuma y’ibyumweru bishize haba imyigaragambyo yo kwamagana abimukira yabayemo urugomo, gutera ubwoba no gusahura.

    Abigaragambya bakomeje gusaba ko habaho uburyo bukomeye cyane bwo kugenzura imipaka no kwirukana ku bwinshi, bagashinja abimukira kugira uruhare mu bushomeri bwinshi buri muri icyo gihugu, ikigero gikomeje kwiyongera cy’ubugizi bwa nabi n’irindimuka rya serivisi zigenewe abaturage.

    Umuryango w’Abibumbye waburiye ku kudakoresha abimukira nka nyirabayazana w’ibibazo byo mu mibereho n’ubukungu Afurika y’Epfo ifite.

    Impirimbanyi zirwanya abimukira zakangishije ko zizajya zikora imyigaragambyo rimwe mu cyumweru yo kwotsa igitutu leta kugeza ibyo zisaba bigezweho, ndetse hari ubwoba ko iyo myigaragambyo ishobora guhinduka iy’urugomo.

    Abigaragambya bari bashyizeho “itariki ntarengwa yabo bwite” ya 30 Kamena (6) kugira ngo abimukira bose badafite ibyangombwa byemewe babe bamaze kuva muri icyo gihugu. Byatumye abanyamahanga benshi bava muri Afurika y’Epfo bahunga urugomo no guterwa ubwoba.

    Mu byumweru bya vuba aha bishize, ibihugu byinshi, birimo Ghana, Nigeria, Uganda na Kenya, byakoresheje indege mu gucyura abaturage babyo.

    Ku cyumweru, Minisitiri w’ubutabera no guteza imbere itegekonshinga w’Afurika y’Epfo, Mmamoloko Kubayi, yatangaje ko abanyamahanga 53,499 ari bo barirukanwe abandi bacyurwa iwabo, “biganjemo Abanya-Malawi, bakurikiwe n’Abanya-Zimbabwe n’Abanya-Mozambique”.

    Mu kiganiro n’abanyamakuru i Pretoria, Minisitiri Kubayi yagize ati:

    “Turimo kwihatira kugera kuri gahunda y’abimukira isanzwe kandi iri ku murongo izirikana ndetse yigengesera ku mpungenge zigaragazwa n’abaturage bacu, ari na ko yubahiriza uburenganzira bwa muntu n’icyubahiro cy’abantu bose bari mu gihugu cyacu, hatitawe ku bwenegihugu bwabo n’imiterere y’ubwimukira bwabo [uko dosiye zabo zijyanye n’ubwimukira zihagaze].”

    Izindi nkuru wasoma:

  4. Amerika ishimangira ko Umuhora wa Hormuz ufunguye mu gihe yarasanye na Iran

    Ubwato buri mu muhora wa Hormuz, bwabonewe i Musandam, muri Oman

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Amerika ishimangira ko Umuhora wa Hormuz ufunguye, nubwo Iran ivuga ko yafunze iyo nzira yo mu mazi mu gihe impande zombi zagabanyeho ibindi bitero.

    Imirwano, yongeye kubura mu cyumweru gishize, yarakomeje ku wa gatandatu nyuma yuko Amerika ivuze ko yarashe ahantu harenga 140 muri Iran. Ibyo bitero byari ibyo gusubiza ingabo za Iran nyuma yuko zirashe ubwato bwari burimo kunyura muri uwo muhora, Iran ivuga ko bwari burimo gukoresha inzira itemewe.

    Iran ikomeje kugerageza gushimangira ubugenzuzi bwayo kuri iyo nzira yo mu mazi, ndetse mu gitondo cyo ku cyumweru yavuze ko iyo nzira ifunze kugeza hatanzwe irindi tangazo.

    Umutwe wihariye wo mu ngabo za Iran wa IRGC (Islamic Revolutionary Guard Corps) na wo ku cyumweru wagabye ibitero byinshi ku bigo bya gisirikare by’Amerika no ku nshuti zayo zo muri ako karere, bituma ibintu bifata indi ntera ku bijyanye n’ingano y’imirwano.

    IRGC yavuze ko yarashe ikigo cya gisirikare cy’Amerika kiri muri Jordan (Jordanie), mu gihe Emira Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Qatar, Kuwait, Oman na Bahrain byose byavuze ko byasubije (byitabaye) kuri za misile n’indege nto z’intambara zitajyamo abapilote (zizwi nka ‘drone’) bya Iran.

    BBC yasabye bumwe mu buyobozi bukuru bw’ingabo z’Amerika (CENTCOM) kugira icyo buvuga kuri icyo gitero cyo muri Jordan, kugeza ubu ntiburasubiza.

    Qatar, umuhuza mu biganiro ku gahenge, ntiyari bwongere guterwa kuva muri Mata (4), mu gihe UAE yo itari yarigeze iterwa kuva muri Gicurasi (5) uyu mwaka.

    Izindi nkuru wasoma:

  5. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'aka kanya.