Umuhora wa Hormuz urafunguye ku mato 'adafitanye isano' n'Amerika cyangwa Israel – Minisiteri y'ububanyi n'amahanga ya Iran

Ahavuye isanamu, Anadolu via Getty Images
Umuvugizi wa minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Iran avuga ko Iran irimo kwemerera amato kunyura mu muhora wa Hormuz – inzira y’ingenzi cyane inyuramo ibikomoka kuri peteroli – igihe cyose “atari ay’umushotoranyi ndetse ngo abe afitanye isano na bo”.
Mu kiganiro yagiranye na televiziyo Newzroom Afrika yo muri Afurika y’Epfo, Esmail Baghaei avuga ko amato azemererwa kunyura muri uwo muhora “nyuma y’ubuhuzabikorwa bwa ngombwa n’abategetsi bacu”.
Mu gukomoza ku ntambara, Baghaei avuga ko Iran itazihanganira "uruziga rurimo ubugome rw'intambara, ibiganiro, agahenge".
Muri Kamena (6) mu mwaka wa 2025, intambara y’iminsi 12 hagati ya Iran na Israel yanabayemo kugaba ibitero byo mu kirere kw’Amerika ku bigo byinshi bya nikleyeri n’ibya gisirikare bya Iran.
Baghaei yagize ati: “Baravuze ngo mureke duhagarike, rero turahagarika, nuko nyuma y’amezi icyenda, barongera baratangira.”
Izindi nkuru wasoma:







