IKIBIRIRAHO, Umuhora wa Hormuz urafunguye ku mato 'adafitanye isano' n'Amerika cyangwa Israel – Minisiteri y'ububanyi n'amahanga ya Iran

Umuvugizi wa minisiteri y'ububanyi n'amahanga ya Iran avuga ko Iran itazihanganira "uruhererekane rurimo ubugome rw'intambara, ibiganiro, agahenge".

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana, Gisèle Berwa na Samba Cyuzuzo

  1. Umuhora wa Hormuz urafunguye ku mato 'adafitanye isano' n'Amerika cyangwa Israel – Minisiteri y'ububanyi n'amahanga ya Iran

    Esmail Baghaei, umuvugizi wa minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Irani, ahagaze imbere y'indangururamajwi arimo kuvuga ijambo. Yambaye ikositimu y'umukara n'ishati y'umweru. Inyuma handitse mu Cyongereza, mu nyuguti nkuru, minisiteri y'ububanyi n'amahanga.

    Ahavuye isanamu, Anadolu via Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Umuvugizi wa minisiteri y'ububanyi n'amahanga ya Irani yabivugiye mu kiganiro yagiranye na televiziyo yo muri Afurika y'Epfo

    Umuvugizi wa minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Iran avuga ko Iran irimo kwemerera amato kunyura mu muhora wa Hormuz – inzira y’ingenzi cyane inyuramo ibikomoka kuri peteroli – igihe cyose “atari ay’umushotoranyi ndetse ngo abe afitanye isano na bo”.

    Mu kiganiro yagiranye na televiziyo Newzroom Afrika yo muri Afurika y’Epfo, Esmail Baghaei avuga ko amato azemererwa kunyura muri uwo muhora “nyuma y’ubuhuzabikorwa bwa ngombwa n’abategetsi bacu”.

    Mu gukomoza ku ntambara, Baghaei avuga ko Iran itazihanganira "uruziga rurimo ubugome rw'intambara, ibiganiro, agahenge".

    Muri Kamena (6) mu mwaka wa 2025, intambara y’iminsi 12 hagati ya Iran na Israel yanabayemo kugaba ibitero byo mu kirere kw’Amerika ku bigo byinshi bya nikleyeri n’ibya gisirikare bya Iran.

    Baghaei yagize ati: “Baravuze ngo mureke duhagarike, rero turahagarika, nuko nyuma y’amezi icyenda, barongera baratangira.”

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Iran yaburiye Amerika na Israel ibiteguza ibitero 'bishwanyaguza' kandi 'binini cyane'

    Umugabo uteze igitambaro cy’umweru cy’abayisilamu ndetse yambaye n’imyenda y’umukara arimo gukubura imbere y’inyubako yarashweho ibisasu.

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Umurwa mukuru Tehran wa Iran ukomeje kugabwaho ibitero byinshi byo mu kirere by'Amerika na Israel kuva intambara itangiye muri Gashyantare (2) uyu mwaka

    Umuvugizi w’ingabo za Iran avuga ko Amerika na Israel bikomeje kurasa ahantu “hadafite agaciro”, abiburira ku bitero biri imbere bya Iran “bishwanyaguza, binini cyane kandi bisenya”.

    Mu itangazo ryatangajwe n’ibiro ntaramakuru Tasnim bifitanye isano n’umutwe wihariye wo mu ngabo za Iran (IRGC) ndetse rikanatangazwa n’ibiro ntaramakuru Fars bya leta mu buryo bw’igice, uwo muvugizi avuga ko ibyo bihugu byombi bifite amakuru “atuzuye” ajyanye n’ubushobozi bwa gisirikare bwa Iran n'ibikoresho bya gisirikare byayo.

    Uwo muvugizi yongeraho ko gukora intwaro kwa Iran “kubera ahantu mutazi na busa” – abivuga ahakana ibyavuzwe na Perezida w’Amerika Donald Trump ko ububiko bw’intwaro bwa Irani bwagabanutse cyane.

    Uwo muvugizi yabwiye Amerika na Israel ati: “Mugomba kwishyura ku bw’ubushotoranyi mwatangije.”

    Izindi nkuru wasoma:

  3. "Inka na zo zirazira iki?" - Bamaganye 'ibitero bya ‘drones’' byishe inka nyinshi mu Minembwe muri DR Congo

    Inka zishwe mu karere ka Minembwe

    Ahavuye isanamu, UGC

    Abantu batandukanye bagaragaje ku mbuga nkoranyambaga akababaro no kwamagana ibitero bya'drones' byishe inka nyinshi mu gace ka Minembwe ku wa kabiri mu ntara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

    Amasoko atandukanye avuga ko inka zibarirwa muri za mirongo zishwe n’ibitero by’indege birimo iza 'drones' mu duce turimo Ilundu mu karere ka Minembwe.

    Igisirikare cya FARDC gishinjwa ibyo bitero by’indege muri ako karere nta cyo kiravuga ku bitero byo ku wa kabiri. BBC yasabye umuvugizi w’igisirikare kugira icyo abivugaho, ntiyasubije kugeza ubu.

    Sebagabo Mufashi ukuriye sosiyete sivile muri Minembwe, mu butumwa bwanditse, yabwiye BBC Gahuzamiryango ko “hapfuye inka tutabara, n’izindi nyinshi zirakomereka”.

    Yongeraho ati: “Ni ibintu byababaje abantu benshi hano. Inka na zo zirazira iki?”

    Mufashi avuga ko izo nka zishwe ziri aho zisanzwe zirara ari iz'imiryango irenga itanu y'Abanyamulenge.

    Amashusho ateye ubwoba y’inka nyinshi zapfuye yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga n’abantu batandukanye.

    Sebagabo avuga ko inka nyinshi zapfuye mu bitero byagabwe ku wa kabiri.

    Amashyirahamwe amwe n’amwe y’Abanyamulenge baba hanze ya DR Congo yatangaje ko yamaganye ibi bitero.

    Kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka ingabo za FARDC zatangaje ko zifite “intego” yo kwisubiza agace ka Minembwe kafashwe n’inyeshyamba za Twirwaneho - zifatanya na M23, mu ntangiriro z’umwaka ushize.

    Izindi nkuru wasoma:

  4. Ni ibiki Trump amaze kuvuga mu ijambo ry'iminota 19 yagejeje ku gihugu?

    Donald Trump arimo kuvuga ijambo ku wa gatatu nijoro i Washington

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Insiguro y'isanamu, Donald Trump arimo kuvuga ijambo ku wa gatatu nijoro i Washington

    Mu kubwira igihugu cye ibishya ku ntambara ya Iran mu ijambo henshi ku isi bari biteze, Perezida Donald Trump yavuze ko intambara kuri Iran ari “ishoramari ry’ukuri ku hazaza” h’abana ba Amerika n’ibiragano bizaza.

    Mu gihe abategetsi benshi ku isi bakomeje kumwereka ko binubira ko iyi ntambara itinze, Trump yagarutse ku burebure bw’intambara zo mu kinyejana cya 20 n’icya 21 avuga ko zamaze imyaka, nyamara ngo iyi imaze iminsi 32 gusa.

    Abasesenguzi batandukanye bavuze ko mu ijambo amaze gutangaza Trump atatanze umucyo ku cyerekezo cy’intambara mu burasirazuba bwo hagati kandi ahanini yagarutse ku bintu yagiye avuga mu minsi ishize.

    Imbere y’abakuru b’ingabo na dipolomasi ya Amerika bari aho yariho avugira, Trump yavuze ko Iran yari “neza neza ku muryango” wo gucura igisasu kirimbuzi, ariko ubu itagiteye inkeke Amerika kubera intwaro kirimbuzi.

    Ati: "Ubu, ingabo zirwanira mu mazi za Iran ntizikiriho, igisirikare cyo mu kirere cyarasenyutse, abategetsi, benshi muri bo…ubu barapfuye".

    Yasubiyemo ko ibihugu bikeneye ibitoro byo mu karere k’uburasirazuba bwo hagati bikwiye gufata iya mbere mu gufungura Umuhora wa Hormuz.

    Nk’uko yabivuze mbere, n’ubu yagize ati: "Ibyo bihugu bidashoboye kubona ibitoro, byinshi byanze kuza mu guca umutwe Iran…nibigire ubutwari bukererewe, bijye mu muhora wa Hormuz biwufate. Biwurinde.”

    Imbere ya Trump hari hari minisitiri w'ingabo n'uw'ububanyi n'amahanga bicaye ku murongo wa mbere, inyuma yabo hari abakuru b'ingabo n'abandi bategetsi

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Insiguro y'isanamu, Imbere ya Trump hari hari minisitiri w'ingabo n'uw'ububanyi n'amahanga bicaye ku murongo wa mbere, inyuma yabo hari abakuru b'ingabo n'abandi bategetsi

    Trump yongeye kwigamba ko nka Perezida wa 47 wa Amerika ari we wahagurutse akarwanya ubutegetsi bwa Iran ashinja iterabwoba no kwica.

    Yasubiyemo, nanone ibyo yavuze mu minsi ishize, ati: "Tugiye kubakubita bikomeye mu byumweru bibiri kugeza kuri bitatu. Tubasubize mu gihe cy’imyaka y’ibuye aho bakwiye kuba bari".

    Abategetsi ba Iran ntibarasubiza ku ijambo rya Trump ariko barahiye ko Iran izakomeza kwirwanaho kandi itigeze isaba Amerika agahenge nk’uko Trump yari yabitangaje ku wa gatatu.

    Izindi nkuru wasoma:

  5. Ituri: Abasivile barenga 100 bari barafashwe bugwate na ADF barekuwe

    Umuvugizi wa gisirikare mu ntara ya Ituri

    Ahavuye isanamu, RTNC

    Abaturage barenga ijana (100) mu barenga 300 bashimuswe n'umutwe wa ADF barekuwe mu gace ka Apodo, kari ku mupaka w’intara ya Haut-Uélé n’iya Ituri nyuma y’igitutu cya gisirikare cyashyizwe kuri abo bagizi ba nabi, nk'uko bivugwa n'umuvuguzi wa gisirikare muri Ituri.

    Lieutenant Jules Ngongo yavuze ko bakomeje guhiga "abo bagizi ba nabi no kubambura ubushobozi bwo gukomeza guhungabanya umutekano".

    Asubirwamo n'ibiro ntaramakuru bya Congo agira ati: "Abasivili barenga 100 bamaze kurekurwa kubera igitutu cya gisirikare cyashyizwe kuri ADF kandi icyo gitutu kirakomeje.

    Yongeraho ati: "Ubu turi mu gace ka Apodo, ku mupaka wa Haut-Uélé na Ituri abo basivile barekuwe, kandi turacyabakurikiranye."

    Yongeraho ko bazakomeza guhiga abo barwanyi ba ADF "kugeza igihe bazasubiza ibyo banyaze abaturage bacu bose."

    Sosiyete sivile mu gace ka Ituri mbere yatangaje ko hari ubwoba ko abo baturage bashimuswe mu mpera z'icyumweru gushize benshi muri bo bashobora kuba baramaze kwicwa.

    Izindi nkuru wasoma:

  6. Umunsi ku muntu uri mu isanzure uba umeze gute? 'Akazi kuva mu ntangiriro kugeza ku iherezo'

    Stephen Bowen yifubitse ikote ry’ibara risa n’ubururu, yafotowe yishimye aseka.

    Stephen Bowen, umuhanga mu by'ibyogajuru wo mu kigo cy'Amerika cy'ibyogajuru n'ubumenyi bw'ikirere (NASA) wigeze kujya mu isanzure (univers), avuga ko kimwe mu bintu bya mbere ubona uri mu kirere ari ikintu cyoroshye: uba ureremba.

    Yabwiye BBC ati: “Kureremba ntibijya birambirana. Kandi mu by’ukuri nsinzira neza ndi mu kirere kurusha uko nsinzira nkiri ku Isi.”

    Bowen amaze imyaka irenga 25 akora mu by'ibyogajuru, kandi yagiye mu butumwa butandukanye, harimo no gusohoka mu cyogajuru inshuro 10 agiye gukora imyitozo ngororamubiri ari mu isanzure.

    Agira ati: “Ku cyogajuru kiri mu isanzure, wifunga mu mufuka wo kuryamamo uba wometse kurukuta."

    "Uba ureremba ugasinzira - nta kumva neza ko hari hejuru cyangwa hasi.”

    Umunsi usanzwe utangirana n’ifunguro rya mu gitondo no kureba uko gahunda y’umunsi iteye. Kuva aho, Bowen avuga ko biba ari akazi kuva mu ntangiriro kugeza ku iherezo.

    Agira ati: “Uteganyirizwa ibikorwa byo gukora mu buryo buhoraho uhereye igihe ubyutse kugeza igihe ugiye kuryama.”

    Ibyo birimo amasaha yo gukora imyitozo ngororamubiri, gukora ubushakashatsi bwa siyansi no kwita ku cyogajuru.

    Ndetse n’ibintu bito byitwara ukundi. Urugero, amarira ntatemba. Agira ati: “Ahagarara gusa mu maso yawe,” asobanura ukuntu mugenzi we umwe byigeze kumugora kureka guseka ubwo amarira yakomezaga kubunga mu maso.

    Kuri Bowen, gusohoka mu cyogajuru ni kimwe mu bintu bitangaje cyane mu kazi ke. Agira ati: “Uba ufashe ku cyogajuru kiri mu isanzure, Isi ikagenda inyura munsi yawe. Ibyo ubona biratangaje cyane rwose.”

    Izindi nkuru wasoma:

  7. Abari mu cyogajuru Artemis II kigiye ku Kwezi 'baratekanye kandi barishimye' – umukuru wa NASA

    Abagabo batatu n'umugore umwe bambaye imyenda y'ibisarubeti y'ibara rya 'orange' n'amabara mato y'ubururu n'umukara. Barareba muri 'camera'.

    Ahavuye isanamu, NASA/PA Wire

    Insiguro y'isanamu, Itsinda ry'abari mu butumwa Artemis II bwa NASA

    Ubutumwa bw’ikigo cy’Amerika cy’ibyogajuru n’ubumenyi bw’ikirere (NASA), bwiswe Artemis II, bwa mbere bugiye ku Kwezi mu myaka irenga 50, bwahagurutse ndetse icyo cyogajuru ubu kiri mu kirere hejuru y’isi.

    Icyo cyogajuru kizaguma mu kirere mu gihe cy’amasaha 24 mu gihe abakirimo bagenzura niba ibintu byose bimeze neza – kandi niba byose bigenze neza kizahabwa uruhushya rwo kwerekeza ku Kwezi.

    Mu kiganiro n’abanyamakuru nyuma yuko icyogajuru gihagurutse ku wa gatatu, umukuru wa NASA Jared Isaacman yavuze ko abari mu cyogajuru “baratekanye kandi barishimye”.

    Nyuma gato yuko gihagurutse, umuhanga mu by’ibyogajuru Reid Wiseman, uyoboye ubu butumwa, yagize ati: “[Mbega] Ikirere cyiza cyane.”

    Yongeyeho ati: “Twabonye Ukwezi kuzamuka neza”.

    Izindi nkuru wasoma:

  8. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu muhanga mu buryo bw'aka kanya.