FARDC 'yatangije' ibikorwa byo guhiga abarwanyi ba FDLR

Ahavuye isanamu, FARDC
Umugaba w'ingabo wungirije wa FARDC yavuze ko ku cyumweru batangije ibitero byo guhiga abarwanyi b'umutwe wa FDLR bari ku butaka bwa DR Congo, nk'uko bivugwa n'ibinyamakuru muri icyo gihugu.
Général Ychaligonza Jacques yavuze ibyo ageze ku kibuga cy'indege cya Bangboka cy'umujyi wa Kisangani mu ntara ya Tshopo akerekeza mu kigo cya gisirikare cya Général Bauma ahatangirijwe ibyo bikorwa.
Umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw'u Rwanda ugaruka mu masezerano y'amahoro ya Washington yasinywe hagati ya Perezida Paul Kagame na mugenzi we Félix Tshisekedi wa DR Congo mu Ukuboza(12) gushize.
Leta ya Washington, muri uku kwezi yahamagaje intumwa za Kigali na Kinshasa kuganira ku masezerano basinye kugeza ubu atarashyizwe mu bikorwa.
Muri iyo nama Amerika yavuze ko bumvikanye ibi;
- Ku Rwanda: Ingengabihe yo guhagarika ibikorwa by'ingabo/gukuraho ingamba z'ubwirinzi mu bice bizwi by'ubutaka bwa Congo
- Kuri DRC: Ibikorwa bishyizwemo imbaraga kandi bigendeye ku ngengabihe byo kurandura umutwe wa FDLR no kurengera abasivile
Ibinyamakuru muri DR Congo bisubiramo Général Ychaligonza agira ati: "Ku neza cyangwa ku ngufu, bagomba gushyira intwaro hasi. Ntabwo dushaka kumeneka kw'amaraso…bagomba kwishyikiriza kugira ngo basubizwe mu gihugu cyabo, u Rwanda."
Amakuru avuga ko batayo eshatu z'ingabo za FARD ziteguye gukora ibyo bikorwa byo guhiga abarwanyi ba FDLR.
Ychaligonza asubirwamo avuga ko iyo ari 'operation' irimo "gukurikirwa n'abantu bose, yewe n'umuryango mpuzamahanga".
Ati: "Ni 'operation' ikurikiranwe kugeza ubwo tubasubije iwabo".
Si ubwa mbere ingabo za FADRC zinjiye mu gikorwa cyo guhiga no kugerageza gusubiza mu Rwanda abo mu mutwe wa FDLR.
ONU, ibihugu bimwe by'iburengerazuba n'u Rwanda bashinja ingabo za FARDC gukorana n'inyeshyamba za FDLR zirwanya ubutegetsi bw'u Rwanda.
ONU, ibihugu bimwe by'iburengerazuba na DR Congo na bo bagashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Kinshasa kandi wigaruriye ibice bimwe mu burasirazuba bwa Congo.
Impande zombi zihakana ibyo zishinjwa.
Intambara mu burasirazuba bwa DR Congo kuva mu 2022 yatumye abantu ibihumbi amagana bava mu byabo baba impunzi mu gihugu cyabo abandi bahungira mu Burundi, mu gihe naho abandi babrirwa mu bihumbi barapfuye.










