Victoria Mboko: Menya iyi nyenyeri nshya muri Tennis y'isi ivuka ku babyeyi bahunze intambara muri DR Congo

Yatangajwe
Igihe co gusoma: iminota 5

Abakunzi ba Tennis kw'isi ubu batangajwe n'abagore babiri, umukobwa w'imyaka 19 n'umugore w'icyamamare w'imyaka 44 wari umaze igihe kinini yarahagaritse gukina mu babigize umwuga.

Serena Williams, ni umwe mu bagore ba mbere ku isi bafite ibigwi kurusha abandi bose mu mateka ya Tennis, ku wa kabiri yagarutse mu kibuga nyuma y'imyaka hafi ine avuze ko asezeye uyu mukino.

Kugarukana intsinzi kuri Serena ni inkuru ikomeye mu binyamakuru byinshi, ariko uwo bagarukanye ni izina byitezwe ko isi igiye kuzakomeza kumva mu myaka myinshi iri imbere.

Mu irushanwa ryo kwitegura irikomeye rya Wembledon, mu bakina ari babiri babiri, Serena arimo gukinana na Victoria Mboko.

Mu gihe kitageze ku mwaka gishize si abantu benshi ku isi bari bazi Mboko, ariko ubu ari mu bakinnyi babiri gusa batarageza imyaka 20 bari mu bakinnyi ba Tennis 10 ba mbere bakomeye ku isi mu bagore.

Iyi nkuru iragaruka kuri uyu munyacanada byitezwe ko ashobora kuba agiye kuzaba kizigenza wa Tennis mu myaka iri imbere.

Victoria Mboko akomoka he?

Nubwo ari umunya-Canada kandi akinira Canada, Mboko yavukiye i Charlotte muri leta ya North Carolina muri Amerika.

Ubwo yari amaze amezi abiri gusa avutse, se na nyina n'abavandimwe be batatu bakuru bimukiye i Toronto muri Canada.

Ariko amateka ye n'ababyeyi be ahera muri DR Congo.

Cyprien Mboko n'umugore we Godee Kitadi n'abana babo babiri, bahunze intambara ya kabiri ya Congo, mu 1999 bagera i North Carolina muri Amerika, nk'uko Cyrprien yabitangaje mu binyamakuru bya Canada.

Babaye muri Amerika, bahabyarira abandi bana babiri; mukuru wa Victoria, na Victoria Mboko bita 'Vicky' wahavukiye mu 2006 amezi abiri mbere y'uko bimukira muri Canada.

We n'umuryango we ubu baba mu mujyi wa Burlington umujyi uri muri kilometero zirenga gato 50 mu majyepfo ya Toronto.

Umuryango ukunda cyane Tennis

Vicky, ni we muto mu bavandimwe bane (abahungu babiri n'abakobwa babiri), uwo akurikira amurusha imyaka irindwi, kandi bose bagiye bakina Tennis mu mabyiruka yabo, nk'uko yabitangaje umwaka ushize.

Musaza we mukuru, Kevin na mushiki we Gracia, bakinnye amarushanwa ya Tennis ku rwego rwa kaminuza. Undi muvandimwe wabo, David, yahagaritse gukina kubera ibibazo by'amaso.

Umwaka ushize, Victoria yabwiye WTA ati: "Ndibuka mbareba bose bakina ndi ku ruhande, ariko ntashaka ko bansiga".

Se, na we ukunda Tennis, hamwe n'abavandimwe be ni bo batumye na we nta wundi mukino ajyamo kuva mu buto bwe ahubwo yakuze akina na bo.

Victoria yagize ati: "Mu by'ukuri nta numwe muri bo ndatsinda. Sinigeze nkunda ukuntu bantsindaga. Rimwe na kinnye na mukuru wanjye mu irushanwa antsinda seti ebyiri ku busa. Narababaye cyane. N'uyu munsi bahora babigarura!".

Ariko mu bavandimwe be, Victoria niwe wakomeje arenga urwego rwa bakuru be bose akomeza gukina amarushanwa atandukanye y'abakiri bato muri Canada.

Kugeza muri Gashyantare(2) 2025 Victoria Mboko yari inyuma y'abakinnyi 200 ku rutonde rw'aba mbere ku isi mu bagore babigize umwuga.

Impano ye n'imbaraga zo kurushanwa mu buryo budasubirwaho byagaragaye cyane umwaka ushize atwara Canadian Open yaberaga i Montreal.

Icyo gihe muri iryo rushanwa rya Canada ribanziriza US Open, Victoria yatsinze Naomi Osaka ku mukino wa nyuma amaseti atatu, yegukana iryo rushanwa nubwo ritari ku rwego rwa Grand Slams (amarushanwa yo ku rwego rwo hejuru muri Tennis).

Mbere yo kugera kuri iyo 'finale', yari yabanje gutsinda nimero ya kabiri ku isi Elena Rybakina ndetse na Coco Gauff wari nimero ya mbere.

Icyo gihe yahise ava ku mwanya wa 85 agera ku mwanya wa 24 ku rutonde rw'aba mbere ku isi muri Tennis.

Kuva icyo gihe, yakomeje kuzamura urwego rwe, agera muri kimwe cy'umunani muri Australian Open yakurikiyeho, muri kimwe cya kane muri Miami Open na Indian Wells, no ku mukino wa nyuma muri Qatar Open 2026.

Kuri 'finale' ya Qatar Open i Doha muri Gashyantare(2) uyu mwaka, Mboko yakinnye na Karolína Muchová umurusha imyaka 10.

Karolína yatsinze Vicky bigoranye seti ebyiri ku busa, uwo mukino urangiye ni bwo yahise afata umwanya wa cyenda mu bakinnyi 10 bakomeye ba Tennis ku isi, aba n'uwa mbere muri Canada.

Victoria Mboko yinjiza angahe?

Urubuga WTA rutangaza amakuru ya Tennis ruvuga ko kugeza muri uku kwezi kwa Kamena 2026 uyu mukobwa amaze kwinjiza hejuru ya $3,000,000 (hafi miliyari 4,5 z'amafaranga y'u Rwanda) mu marushanwa atandukanye ya Tennis.

Mu irushanwa rya Canada Open ryonyine yatwaye umwaka ushize i Montreal yahembwe miliyoni y'amadorari.

Naho mu irushanwa ryarangiye mu cyumweru gishize rya Roland-Garros mu Bufaransa, yinjije $217,000 (miliyoni hafi 320 Frw) aho yagarukiye mu kiciro cya gatatu (third round) mu bakina umwe ku wundi.

Byageze bite ngo akinane na Serena?

Ubu abantu benshi biteguye kureba irushanwa rya Wimbledon ryo mu Bwongereza rikinirwa ku bwatsi risa n'irisoza amarushanwa ya Grand Slam y'iburayi, rizatangira mu mpera z'uku kwezi.

Serena Williams na Victoria Mboko barimo kuryitegura cyane.

Ariko buri wese yibaza uko uyu mukobwa w'imyaka 19 yahuye na Serena watwaye Grand Slam ye ya munani ubwo Victoria yavukaga.

Serena yatwaye Grand Slams (amarushanwa yo ku rwego rwo hejuru ya Tennis) 23.

Uko bigaragara, nk'uko Victoria yabitangaje mu kinyamakuru CBC, ni Serena wamwegereye bwa mbere.

Serena, watangaje mu cyumweru gishize ko agiye kugaruka nyuma y'imyaka hafi ine asezeye Tennis, ni we woherereje ubutumwa Vicky wavuze ko bwamutunguye cyane abubonye kuri telephone ye.

Bombi bari batarahura na rimwe, nk'uko yabivuze.

Vicky yavuze kandi ko yatangaye cyane ubwo yasangaga Serena amuzi.

Ku wa kabiri, bombi bakinanye mu kiciro cya babiri babiri, batsinda umukino watumye binjiramu gice cya kabiri cy'irushanwa rya Queen's Club i London ritegura Wembledon.

Nyuma yo gukinana, Vicky yanditse kuri Instagram ko byari "icyubahiro gikomeye gukinana n'umwe mu bakinnyi bakomeye b'ibihe byose muri iki cyumweru".

Ku bakunzi ba Tennis, intsinzi yabo ntabwo isobanuye gusa kugaruka gukomeye kw'igihangange Serena ahubwo ivuze guhinguka kw'inyenyeri nshya muri Tennis y'isi ivuka ku babyeyi bahunze intambara muri DR Congo.