Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
'Bambwiye ko yapfuye': Abana bavukiye hafi y'ikigo cy'ingabo z'Ubwongereza muri Kenya bamenye ukuri kuri ba se
- Umwanditsi, Josephine Casserly
- Umwanditsi, Ivana Davidovic
- Igikorwa, BBC News
- Igihe co gusoma: iminota 6
"Edward", umuhungu w'imyaka icyenda wo muri Kenya, yakuze azi neza ko se akorera igisirikare cy'Ubwongereza. Uyu muhungu w'icyotara, w'inzobe kurusha bagenzi be iwabo, yamaze imyaka yibasirwa kubera ku uko asa.
Se yabuze mbere y'uko Edward [si ryo zina rye nyaryo] avuka, asiga nyina mu bukene bukabije, no kuburabuzwa na bamwe mu bo mu muryango we.
Ubu uyu mugabo, wari umukozi mu ngabo z'Ubwongereza muri Kenya, hamwe n'abandi 19 bahakoze ari abasirikare, babashije kumenyekana n'aho baherereye mu Bwongereza biciye mu nzira z'amategeko n'ibimenyetso bya DNA nk'ababyeyi b'abana bavukiye hafi y'icyo kigo.
Kuba abo bagabo ari bo babyaye abana muri Kenya bimaze kwemezwa n'urukiko rw'umuryango rwo mu Bwongereza.
Icyo gikorwa cyahaye ibisuzibo ku bana batari bazi ba se n'aho baherereye - abandi bari barabwiwe ko batakiriho. Bose bifuzaga kumenya inkomoko yabo, kandi bari bafite ibibazo by'imibereho.
Benshi muri 12 bemejwe ubu bemerewe n'amategeko kuba bahabwa ubwenegihugu bw'Ubwongereza. Abari munsi y'imyaka 18 ba se bagomba gutanga indezo.
Abanyamategeko James Netto wo mu Bwongereza, na Kelvin Kubai wo muri Kenya, bafasha bamwe muri bo. Netto avuga ko hari hafi abana nk'aba 100 bavukiye hafi y'ikigo kitwa British Army Training Unit in Kenya (Batuk) ku basirikare b'Abongereza. Ndetse ko hashobora kuba hari benshi kurenza aba.
Batuk, ikigo cyashinzwe mu 1964 gicamo abakozi n'abasirikare b'Ubwongereza barenga 5,000 ku mwaka, cyabaye izingiro ry'impaka mu myaka za mirongo, giherereye ahitwa Nanyuki muri 185km mu majyaruguru ya Nairobi.
Iperereza ry'imyaka ibiri ryakozwe n'inteko ishinga amategeko ya Kenya ryatangajwe mu Ukuboza(12) gushize ryashinje abasirikare b'Ubwongereza "umuco wo kudahana" ukurikirwa n'ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ibirego bibiri by'ubwicanyi, kwangiza ibidukikije no guta no gusuzugura abana bahabyaye.
Minisiteri y'ububanyi n'amahanga y'Ubwongereza yasubije ko "ibabajwe cyane n'ibyo hamwe n'izindi ngorane zirimo kuboneka bigendanye n'ingabo z'Ubwongereza muri Kenya..." yongeyeho ko izafata ingamba "aho bishoboka hose mu kubikemura".
James Netto yabwiwe bwa mbere iby'abana bashakisha ba se muri Nanyuki mu 2024. Yafatanyije n'umuhanga mu gukusanya ibimenyetso ndangasano professor Denise Syndercombe Court maze bajya muri Kenya "bitwaje isanduku yuzuye ibikoresho bya DNA".
Nuko basuzuma ibimenyetso bya DNA bakusanyije bakoresheje amakuru aboneka y'abakoze muri icyo kigo kugira ngo bashakishe abo bagabo babyaye abana ubu bari hagati y'imyaka itatu na 70, maze bakabura.
"Nta kintu nk'iki kigeze gikorwa mbere, aho ujyana ibipimo bya DNA ku bantu banga gutya" mu nkiko zo mu Bwongereza, ni ko Netto avuga.
We n'ikipe ye bafite ibimenyetso byinshi by'abantu bagomba guheraho bapima ku byo bakuye muri Kenya.
Kugeza umwaka ushize, hari hafi miliyoni 30 z'amakuru ku rubuga Ancestry.com, urubuga runini kurusha izindi rw'ibipimo bya DNA Denise yagiyeho agakoresha nk'ibanze mu bushakashatsi bwe.
Netto avuga ko batari bazi ingano y'amakuru bazabona ariko ko batunguwe no kubona menshi. Ati: "Twabonye bene wabo ba kure cyane, aba hafi, kugeza neza neza kuri ba bagabo babuze no ku mazina yabo".
Ibi bagezeho ni igikorwa gihindura ubuzima kuri Edward na nyina Nasibo, kuko ubu azaba yemerewe guhabwa indezo na se w'uyu mwana we w'imyaka icyenda.
Nasibo avuga ku basirikare b'Ubwongereza, ati: "Najyaga nibaza ko ari abagabo nyabo". Yari azi ko se wa Edward amukunda kandi amwitayeho koko.
Twabonye ibaruwa nyina w'uwo musirikare yandikiye Nasibo, mbere y'uko atwita, amushimira gushimisha umuhungu we. Maze ubwo Nasibo yamubwiraga ko atwite, avuga ko uwo musirikare yamweretse ko yishimiye. Anamusaba ko uwo mwana naba umuhungu azamwita izina ry'umuvandimwe we, nk'uko Nasibo abivuga, maze asubira mu Bwongereza amwambitse impeta y'umubano.
Ariko Nasibo agize amezi ane atwite, umusore yahagaritse itumanaho ryose.
Nasibo yirukanwe iwabo, nk'uko abivuga, umuhungu we nawe ku ishuri yaribasiwe cyane kubera ibara ry'uruhu rwe.
Ati: "Bamuhimbaga umukoloni w'Umwongereza". Ubwongereza bwakolonije Kenya kuva mu 1985 kugeza mu 1965.
Netto yabashije kubona se wa Edward nyuma y'uko urukiko rutegetse Minisiteri y'ingabo n'ishami rishinzwe ibya 'pensions' gutanga amazina n'aho aba.
Uwo mugabo yasabye Netto kudaha 'contact' ze Nasibo cyangwa umwana we, ariko uyu munyamategeko ubu arimo gutangiza ikirego kugira ngo ajye atanga indezo.
Undi munyakenya, Yvonne w'imyaka 18, we yari azi bicye cyane kuri se ugereranyije na Edward. Yabwiwe ko yabaye mu gisirikare cy'Ubwongereza ariko ntiyari azi n'izina rye, ndetse yakuze azi ko yapfuye.
Nyina wa Yvonne yapfuye uyu akiri umwana muto cyane, kandi abasirikare bo kuri Batuk babwiye sekuru na nyirakuru ba Yvonne ko na se yapfuye.
Gusa Netto na Denise baje guhuza ibimenyetso bitandukanye bya DNA n'ibyo kuri Ancestry.com - maze bamenya ko uwo mugabo ariho kandi aba mu Bwongereza.
Nyuma yo kwanga kwitaba inkiko inshuro eshanu, yaje kuza kumva umwanzuro w'urukiko. Asaba ko hakorwa ikizami cya DNA gisuzuma niba ari se wa Yvonne, igisubizo, nyuma y'icyumweru, cyaje kibyemeza.
Ubu ntabwo ashaka kuvugana na Yvonne. Ariko mubyayara wa nyina w'uyu mugabo arifuza guhura na Yvonne.
Ababyeyi bose b'abagabo babonetse si ko batifuza kugira icyo bakora.
Phill, wahoze mu ngabo z'Ubwongereza muri Nanyuki mu 2004, avuga ko yishimiye kumenya umukobwa we Cathy w'imyaka 20 ubu.
Akiri muri Kenya, yakundanye na Maggie nyina wa Cathy ndetse babanaho igihe gito mu mezi macye ya mbere ya Cathy ari uruhunja. Ariko ubwo yoherezwaga ahandi, avuga ko telephone ye yibwe agatakaza 'contacts' zose.
Maggie yibwiye ko ibyoroshye ari ukubwira Cathy ko se yapfuye. Ariko uko akura, Cathy yavumbuye ko se ariho anagerageza kumwandikira kuri Facebook, gusa Phill avuga ko yafunze (block) Cathy kuko atari yamenye uwo ari we.
Kugeza icyo gihe, nk'uko Phill abivuga, yari yaravuye mu gisirikare kandi mu gihe runaka atagiraga aho aba ndetse afite ibibazo byo mu mutwe. "Kwimukira mu bizima bwa gisivile ntibyari byoroshye", nk'uko abivuga.
Cathy na we icyo gihe yari mu ngorane, zageze aho ashaka kwiyahura.
Ati: "Nkura, numvaga rwose nshaka kugira data kuko hari ibintu mama atashoboraga kumva bijyanye n'ubwoko n'ibindi. Byatumye numva nigunze.
"Hari igice cyawe uba utazi. Kimeze nk'amayobera kuri wowe."
Mu gihe ubu se aherutse kwemezwa n'inkiko mu Bwongereza, Phill avuga ko yabyishimiye, avuga ko ari "ugutungurwa gushimishije".
Avuga ko ubu avugana na Cathy, kandi yatangiye guha ubufasha bw'amafaranga Maggie.
Phill ati: "Nabwiye Cathy...ko icyo nakora cyose kitagera ku gihe natakaje ntamubona. Icyo nkora ubu ni icyo nshoboye cyose."
Cathy ubu yizeye ko azajya gusura se mu Bwongereza.
Netto avuga ko, ku byo azi, Phill ari we mugabo wenyine mu babyeyi yabashije kubonera abakiliya be wohereza amafaranga yo gufasha umwana we.
Twabajije umunyamategeko Kelvin Kubai wo muri Kenya, washinze ikigo cyitwa Connecting Roots Kenya gifasha abana babyawe n'abasirikare b'Ubwongereza kubona ubufasha, niba hakwiye kubaho kubuza burundu abasirikare nk'abo bari muri Kenya gukundana n'abakobwa babo, urebye ku mubare w'abana batawe. Ibyo arabyamagana.
Ati: "Ibyo byaba ari ivanguramoko kuko waba usaba abasirikare b'abazungu kwirinda abakobwa b'abirabura kuko bashobora kubakururira ibibazo. Igisubizo cyonyine gishoboka...ni ukumenya ko abo bagabo bakoze inshingano zabo igihe babyaye abana mu gihe bamaze muri Kenya".
Akazi ka Netto na Kubai karakomeje nk'uko babivuga, mu gihe hari izindi manza zigomba kugezwa mu rukiko rukuru mu Bwongereza mu mezi macye ari imbere.
Minisiteri y'ingabo z'Ubwongereza yabwiye BBC ko "Iyo nta kirego cy'ibitemewe n'amategeko ku mukozi w'Ubwongereza cyatanzwe, cyangwa ngo polisi yaho itangaze impungenge, Minisiteri y'ingabo nta perereza yabikoraho. Bamwe mu bana bashobora kuba baravutse nyuma y'umubano urimo kumvikana, kandi ntibinyuranyije n'amabwiriza ya Minisiteri y'Ingabo."
Brig Simon Ridgway, ukuriye ishami ry'ingabo rishinzwe kiriya kigo cy'ingabo z'Ubwongereza muri Kenya, yongeraho ko abafite ibibazo nk'ibyo bagomba kureba urwego rushinzwe abana rwa Kenya.
Ati: "Narwo ruvugana n'Ubwongereza maze tugatanga ubufasha bushoboka mu gusubiza ibibazo no gukemura ibirego uko bije."
Iperereza ry'inteko ishinga amategeko ya Kenya ryo mu Ukuboza gushize ryasabye leta ya Kenya gushyiraho ingamba zo "kuryoza abasirikare bo muri Batuk inshingano ku bana babyaye, harimo gufata ibipimo bya DNA no gufasha mu mitekerereze abana babyawe n'abasirikare bo muri Batuk".